Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23

radiotv10by radiotv10
16/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Uganda cyatanze umucyo ku ifoto y’ibifaru n’abasirikare bacyo yifashishijwe gishinjwa gufasha M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo za Uganda (UPDF) bwanyomoje amakuru yatangajwe ko hari abasirikare b’iki Gihugu bari muri Rutshuru bafasha umutwe wa M23, butanga n’ibisobanuro ku ifoto yari yifashishijwe.

Ni nyuma y’uko uwitwa Jules Mulumba usanzwe ari Umuvugizi w’Imiryango ishyigikiye Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ntamba iki Gihugu gihanganyemo na M23, atangarije amakuru ko UPDF ifasha uyu mutwe.

Ubutumwa bwatangajwe na Jules Mulumba ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku ya 13 Gashyantare 2024, yari yavuze ko “Ingabo za Uganda zifite ibikoresho bya rutura, zari mu nzira” zo gushyigikira uruhande ruhanganye na FARDC ariko ko abarwanyi ba Leta Congo bazabakoma mu nkokora.

Jules Mulumba yifashishije ifoto y’abasirikare ba UPDF bafite intwaro zirimo ibifaru, yakomeje agira ati “Aha bari mu muhanda wa Kitshanga-Sake.”

Mu itangazo ryashyizweho umukono wa UPDF, Brig Gen Felix Kulayigye, ritangira rivuga ko “UPDF yamaganye amakuru y’ibinyoma yakwirakwijwe na Jules Mulumba ko UPDF iri muri Rutsuru.”

Brig Gen Felix Kulayigye yakomeje agira ati “Mu kugerageza gushimangira ibirego bye, yakoresheje amafoto yafashwe mu gihe cy’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EACRF (East African Community Regional Force).”

Iri tangazo ry’Umuvugizi wa UPDF, rikomeza rigira riti “Ifoto yafashwe ubwo Ingabo za Uganda zari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zari mu bice bya Tsengero mu bice biva Bunagana-Rutshuru zerecyeza mu bice bya Goma aho kuba muri Sake.”

Ubuyobozi bw’igisirikare cya Uganda, buvuga ko UPDF idafite impamvu n’imwe yo kwijandika mu mvururu zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyeretse mu gihe ingabo z’iki Gihugu zaba ziri mu butumwa bw’amahoro bw’akarere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Senegal: Icyemezo cya Perezida cyari cyazamuye bomboribombi cyasubiwemo byihuse

Next Post

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Iyo udafite ukurusha ntunagire uwo urusha ntacyo uba ukora-Umuhanzi ubirambyemo yacyebuye ab’ubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.