Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
28/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yagiye kuganira na mugenzi wa wa Angola, João Lourenço; atanga icyifuzo anemeza ko yazahura na Perezida Paul Kagame, anavuga ibyo yifuza ko bishyirwa mu bikorwa, mbere yo kuzahura.

Amakuru yo guhura kwa Félix Tshisekedi na João Lourenço, yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu butumwa bwa Perezidansi ya DRC bwatangajwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, buvuga ko Perezida Félix Tshisekedi “Kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro byo mu muhezo [tête-à-tête] na mugenzi we wa Angola, João Lourenço.”

Perezidansi ya DRC ikomeza ivuga ko nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete Antonio; ibi biganiro byahuje Tshisekedi na João Lourenço byamaze amasaha atatu.

Tete Antonio yatangaje ko muri ibi biganiro “Perezida Félix Tshisekedi yatanze icyifuzo akanasezeranya ku guhura na mugenzi we w’u Rwanda.”

Ku bwa Tete Antonio kandi, igihe kirageze ngo ubuhuza butange umusaruro wo ku zindi nzego, nk’uko biteganyijwe ko habaho guhura hagati ya Perezida wa Congo n’u Rwanda.

Muri ibi biganiro, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye ko mbere yo guhura na Perezida Paul Kagame, ngo ingabo z’u Rwanda ziva ku butaka bw’u Rwanda, ndetse no kuba umutwe wa M23 wahagarika imirwano ukajya aho wasabwe kujya.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri, habaye ibindi byabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, byahuriyemo Perezida Tshisekedi wa DRC, Paul Kagame w’u Rwanda, João Lourenço wa Angola wari wanabitumije, ndetse na William Ruto wa Kenya, na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro itandukanye, irimo isaba ko imirwano imaze igihe ihanganishije FARDC na M23 ihagarara vuba na bwangu, ndetse inemeza ko huburwa ibiganiro hagati y’Abakuru b’Ibihugu bya DRC n’u Rwanda.

Muri Ethiopia kandi, hanabaye ibiganiro byagiye bihuza João Lourenço n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC, aho uyu Perezida wa Angola wahawe inshingano z’ubuhuza, yagendaga ahura n’Umukuru w’Igihugu ku giti cye mu bihe bitandukanye.

Tshisekedi yagiye guhura na Perezida wa Angola
Bagiranye ibiganiro
Yamugejejeho ibyifuzo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja

Next Post

Hatangajwe umubare uteye inkeke w’inyamaswa zishwe n’ubukonje mu Gihugu kimwe muri Asia

Related Posts

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former president of the Democratic Republic of Congo, delivered a message to the Congolese people, stating...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare uteye inkeke w’inyamaswa zishwe n’ubukonje mu Gihugu kimwe muri Asia

Hatangajwe umubare uteye inkeke w’inyamaswa zishwe n’ubukonje mu Gihugu kimwe muri Asia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.