• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impanuka idasanzwe muri Kenya: Indege ebyiri zagonganiye mu kirere

radiotv10by radiotv10
05/03/2024
in AMAHANGA
1
Impanuka idasanzwe muri Kenya: Indege ebyiri zagonganiye mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gishinzwe iby’indege za gisivile muri Kenya (KCCA/ Kenyan Civil Aviation Authority) cyemeje ko indege ebyiri zirimo itwara abagenzi, zagonganiye mu kirere.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ubwo indege ya Dash 8 ya sosiyete ya Safarilink yagonganaga n’indege yo kwigiraho ya Cessna 172 nyuma gato yo guhaguruka ku kibuga cy’Indege cya Wilson Airport.

Izi ndege zombi zagonganye ubwo zari zigihaguruka kuri iki Kibuga cy’Indege cy’i Nairobi muri Kenya nk’uko byemejwe n’ikigo gishinzwe iby’indege muri Kenya.

Mu itangazo ryatanzwe na KCAA ku rubuga nkoranyambaga rwa X, iki kigo cyatangaje ko habaye iyi mpanuka yahuje Indege ebyiri.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa KCCA, rivuga ko iyi mpanuka y’indege ebyiri yabaye saa 10:05’.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Iperereza ryahise ritangira gukorwa n’ikigo gishinzwe iperereza ry’indege AAID (Air Accident Investigation Departement) na Polisi y’Igihugu, kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka.”

Ntihatangajwe amakuru arambuye kuri iyi mpanuka, ku mubare w’abo yahitanye cyangwa ibyangirikiyemo byose.

Indege ya Safarilink yerecyezaga i Diani, yari itwaye abagenzi 39 ndetse n’abakozi batanu ba Kompanyi y’iyi ndege, mu gihe indi ndege isanzwe ikoreshwa mu myitozo y’ikigo cy’imyitozo y’abapilote kizwi nka ‘Ninety-Nines pilot training academy’.

Imwe muri izi ndege yahise yangirika burundu

RADIOTV10

Comments 1

  1. eee says:
    2 years ago

    trump eill make America great again otherwise china becomes superior

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 15 =

Previous Post

Amakuru mashya yo kumenya ku mukino w’ishiraniro utegerejwe mu Rwanda

Next Post

Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Abasirikare b’Abajenerali babiri b’u Burusiya bashyiriweho impapuro zo kubafata

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.