Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ibisobanuro na Filozofi by’amazina Perezida Kagame yise Abuzukuru be

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in MU RWANDA
0
Ikimushimisha ku kuzukuruza, Urubuga nkoranyambaga akunda,…-P.Kagame yasubije ibibazo by’amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ibisobanuro by’amazina ‘Abe’ na Agwize’ yise abuzukuru be, avuga ko filozofi iri muri aya mazina, ari ibyo abifuriza, anifuriza urungano rwabo rw’Abanyarwanda bose muri rusange.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Abagore.

Tetero Solange wari umusangiza w’amagambo muri ibi birori byabereye muri BK Arena, yabajije Perezida Kagame icyo yifuriza abuzukuru be babiri b’abakobwa ba Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma.

Umukuru w’u Rwanda, yabanje kuvuga ko yibagiwe kubazana muri uyu muhango, avuga ko icyo abifuriza ari na cyo yifuriza urungano rwabo rw’abana b’u Rwanda bose muri rusange.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yasabye ababyeyi b’aba buzukuru be, ko yabita amwe mu mazina, aho imfura yamwise ‘Abe’ bituruka ku nshinga ‘Kuba’, kandi ko yarimwise afite igisobanuro.

Ati “Icyo bivuze, ni ‘Abe uwo ari we, Abe uwo ashaka kuba’. Ni cyo gituma namuhaye iryo zina. Uwa kabiri umukurikira, mwita ‘Agwize’, ‘Kugwiza’ bivuze ‘uburumbuke’ agwize ibyo azatunga, ibyo yifuza, indangagaciro,…byose abigwize.

Ubwo urumva rero ko naboneyeho umwanya wo kwihimura, wo kwinigura, ngo muri ayo mazina icyo nifuza icyo mbifuriza icyo nifuriza Abanyarwanda bibe birimo.”

Umukuru w’u Rwanda kandi akunze kugaragaza urukundo akunda aba buzukuru be, yaba mu butumwa n’amafoto akunze gutambutsa ku mbuga nkoranyamba ze, ndetse akaba aherutse kuvuga ko ikimushimisha mu kuba yaruzukuruje, ari “byose.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 2 =

Previous Post

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Next Post

Kayonza: Igisubizo bahawe ku bibazo bamaranye igihe muri Gare si cyo bari biteze

Related Posts

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

IZIHERUKA

Should parents still choose careers for their children?
IMIBEREHO MYIZA

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Kayonza: Igisubizo bahawe ku bibazo bamaranye igihe muri Gare si cyo bari biteze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Should parents still choose careers for their children?

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.