• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ibisobanuro na Filozofi by’amazina Perezida Kagame yise Abuzukuru be

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in MU RWANDA
0
Ikimushimisha ku kuzukuruza, Urubuga nkoranyambaga akunda,…-P.Kagame yasubije ibibazo by’amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje ibisobanuro by’amazina ‘Abe’ na Agwize’ yise abuzukuru be, avuga ko filozofi iri muri aya mazina, ari ibyo abifuriza, anifuriza urungano rwabo rw’Abanyarwanda bose muri rusange.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi yose mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Abagore.

Tetero Solange wari umusangiza w’amagambo muri ibi birori byabereye muri BK Arena, yabajije Perezida Kagame icyo yifuriza abuzukuru be babiri b’abakobwa ba Ange Ingabire Kagame na Betrand Ndengeyingoma.

Umukuru w’u Rwanda, yabanje kuvuga ko yibagiwe kubazana muri uyu muhango, avuga ko icyo abifuriza ari na cyo yifuriza urungano rwabo rw’abana b’u Rwanda bose muri rusange.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yasabye ababyeyi b’aba buzukuru be, ko yabita amwe mu mazina, aho imfura yamwise ‘Abe’ bituruka ku nshinga ‘Kuba’, kandi ko yarimwise afite igisobanuro.

Ati “Icyo bivuze, ni ‘Abe uwo ari we, Abe uwo ashaka kuba’. Ni cyo gituma namuhaye iryo zina. Uwa kabiri umukurikira, mwita ‘Agwize’, ‘Kugwiza’ bivuze ‘uburumbuke’ agwize ibyo azatunga, ibyo yifuza, indangagaciro,…byose abigwize.

Ubwo urumva rero ko naboneyeho umwanya wo kwihimura, wo kwinigura, ngo muri ayo mazina icyo nifuza icyo mbifuriza icyo nifuriza Abanyarwanda bibe birimo.”

Umukuru w’u Rwanda kandi akunze kugaragaza urukundo akunda aba buzukuru be, yaba mu butumwa n’amafoto akunze gutambutsa ku mbuga nkoranyamba ze, ndetse akaba aherutse kuvuga ko ikimushimisha mu kuba yaruzukuruje, ari “byose.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

Next Post

Kayonza: Igisubizo bahawe ku bibazo bamaranye igihe muri Gare si cyo bari biteze

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post

Kayonza: Igisubizo bahawe ku bibazo bamaranye igihe muri Gare si cyo bari biteze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.