Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umusaza ufite impano idasanzwe mu muziki yageneye ubutumwa uzwi muri Politiki y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/03/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza Nsabimana Mbarusha Jean Marie Vianney ufite impano yihariye mu gucuranga Guitar no kuririmba, nyuma yo kudahirwa mu irushanwa aherutse kwitabira, arifuza ko Umuhanzi Alain Mukuralinda usanzwe ari n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma, ko na we yamuha amahirwe yo kumufasha nk’ayo yahaye Nsengiyumva François [Gisupusupu].

Uyu musaza uzwi ku kazina ka Caca Artist usanzwe afite impano zinyuranye zirimo kuririmba no gushushanya, dore ko yanabyize mu Ishuri rya Nyungo mu myaka yo mu 1988, aherutse kwitabira irushanwa ‘Rwanda Gospel Star Live’ icyiciro cya Kabiri ryahereye mu Karere ka Rusizi.

Ubwo yagerwagaho ngo agaragaze impano ye, yanyuze benshi kubera uburyo yacuranze guitar anaririmba, gusa ntiyabashije kurenga umutaru, kuko umwe mu bagize Akanama nkemurampaka, yamuhaye ‘Oya’ mu gihe abandi babiri bari bamuhaye ‘Yego’.

Nubwo Caca atakomeje muri iri rushanwa, avuga ko atacika intege ahubwo ko yifuza guhura n’umuhanzi Alain Mukuralinda, kugira ngo azamufashe kuzamura impano ye nk’uko yabikoreye Nsengiyumva François wamamaye nka Gisupusupu.

Yagize ati “Nanjye ndi umuhanga. Hari musaza witwa Mukuralinda Alain mbona yamfasha kuko njyewe mfite impano, naranize d’abord (atebya) nzi gucuranga, nzi gushushanya ndanahimba, na gitari ndazikora.”

Yavuze ko aramutse ahawe amahirwe agafashwa kuzamura impano ye, na we yatera ikirenge mu cya Gisupusu ndetse akanamurusha.

Ati “Ni umuhanga ariko njyewe nanamurusha. Rero ndasaba Mukuralinda ko nanjye yanyibuka akamfasha, njyewe indirimbo zose mfiteho ubumenyi, zaba izisanzwe n’izo guhimbaza Imana.”

Uretse impano yo kuririmba no gucuranga Guitar, uyu musaza avuga ko afite n’impano yo gushushanya, ndetse ko ibyapa byinshi biri muri Rusizi, ari we wabishushanyije, akaba ari na wo mwuga umutunze.

IKIGANIRO CYOSE

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − twelve =

Previous Post

Kayonza: Igisubizo bahawe ku bibazo bamaranye igihe muri Gare si cyo bari biteze

Next Post

Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Related Posts

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Icyo Abayisilamu bo mu Rwanda basabwa mu gihe binjiyemo cy’Igisibo kizanageza mu Kwibuka30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.