Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya umubare w’abagore bafite PhD bigisha muri za kaminuza mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya umubare w’abagore bafite PhD bigisha muri za kaminuza mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’abagore bari mu burezi no mu buyobozi bw’amashuri makuru na za kaminuza zo mu Rwanda bafite impamyabumenyi y’Ikirenga (PhD) wazamutseho hafi kimwe cya kabiri mu myaka itatu nubwo ukiri hasi ugereranyije n’uw’abagabo.

Bikubiye muri raporo nshya y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburinganire n’Ubwuzuzanye GMO (Gender Monitoring Office) yerekana ishusho yo kuzamura uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo.

Iyi raporo igaragaza ko muri 2022, abakoraga mu rwego rw’uburezi bafite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) bari 1 083, aho abagore bari 162 banganaga na 15%, mu gihe abagabo bari 921.

Nubwo bimeze gutyo, imibare y’abagore yari yarazamutseho 1/2 mu gihe cy’imyaka itatu, kuko muri 2019 bari 93 gusa, bakaza kugera ku 162 muri 2022.

Ni mu gihe umubare w’abagabo bafite iyi mpamyabumenyi y’ikirenga ya PhD yo yari yarazamutseho 35% kuko muri 2019, bwo bari 683, bakaza kugera ku 921 muri 2022.

Raporo ya Minisiteri y’Uburezi izwi nka ‘cited Education Statistical Yearbooks’ ya 2019-2022, na yo yagaragaje ikinyuranyo kinini cy’imibare y’abarimu b’abagabo n’abagore mu byiciro bitandukanye by’uburezi.

Abarimu b’igitsinagore benshi, bari mu mashuri y’incuke, aho muri icyo gihe bari bagize 85,6% by’abarimu 7 259 bose bigishaga muri iki cyiciro, naho mu mashuri abanza, bwo ab’igitsinagore bari bagize 56,9% mu barimu bose 62 937 bigishaga muri iki cyiciro muri 2022.

Ni mu gihe mu cyiciro cy’amashuri yisumbuye, abagabo na bo bazaga ari benshi, kuko bari bagize 68,3% y’abarimu 23 968 bigishaga mu mashuri yisumbuye, ndetse no mu mashuri makuru na za kaminuza, aho abagabo bari 81% y’abarimu bose bigishaga muri iki cyiciro.

Naho mu mashuri yigisha imyuga n’ubumenyi-ngiro (TVET), abarimu b’abagore bari bacye cyane, kuko bari 24%, aho bari 778 mu barimu 3 190.

Mu bakozi bo mu mashuri makuru na za kaminuza, abagore bari 823 bagize 19% mu bakozi 4 302 bakoraga muri iki cyiciro muri 2022.

Iyi mibare igaragaza ko “abarimu b’igitsinagabo ari bo bafite imyanya ihemba neza mu mashuri yisumbuye n’amashuri makuru na za kaminuza kurusha bagenzi babo b’abagore.”

Gusa nanone inzego z’uburezi zivuga ko ibi na byo atari bibi kuba abarimu b’igitsinagore bigisha mu mashuri yo hasi, nk’ay’incuke n’abanza, ariko ko bikwiye ko bashyigikirwa bakagera no ku rundi rwego rutuma bahembwa amafaranga atubutse ndetse bakajya no mu buyobozi bw’ibigo by’amashuri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Umuhanzi w’ikirangirire na ‘Bodyguard’ we bagaragaweho ibikomeje kuvugisha benshi

Next Post

Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Hagiye guterwa indi ntambwe mu migenderanire y’u Rwanda n’Igihugu cy’igituranyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.