• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byagenze ngo uwari uyoboye Igihugu kirimo umwiryane yegure ari imahanga

radiotv10by radiotv10
12/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko byagenze ngo uwari uyoboye Igihugu kirimo umwiryane yegure ari imahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Henry Ariel, yeguye ku mirimo ye, ari mu mahanga nyuma y’uko imitwe ikorera mu Gihugu cye imubujije kukigarukamo aho yari yitabiriye inama yigaga ku bibazo by’Igihugu cye.

Henry Ariel amaze iminsi ashyirwaho n’abaturage, giterwa n’ubugizi bwa nabi burimo kwiyongera muri iki Gihugu yari ayoboye.

Bibaye nyuma y’uko abategetsi bo mu karere iki Gihugu giherereyemo bateraniye muri Jamaica kuri uyu wa Mbere ngo baganire ku mpinduka za politike muri Haiti.

Henry yageze muri Puerto Rico ari na ho yeguriye, nyuma y’uko imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Haiti, imubujije gutaha mu Gihugu cye, ubwo yari avuye muri Kenya na America.

Ubwegure bwe yabutangaje binyuze mu butumwa bw’amashusho, ndetse asaba abaturage ba Haiti kugira ituze. Yagize ati “Guverinoma nkuriye irahita yegura ako kanya nihamara gushyirwaho inama yo guhindura ubutegetsi.”

Henry yeguye mu gihe abaturage bamaze iminsi mu mihanda bamagana ubutegetsi bwe, bavuga ko bashaka Perezida wagiyeho atowe.

Henry yategetse iki Gihugu mu buryo bw’inzibacyuho kuva muri Nyakanga 2021, nyuma y’uko uwari Perezida Jovenel Moise yari amaze kwicwa, kuva icyo gihe yagiye asubika amatora avuga ko umutekano mu Gihugu ugomba kubanza kugaruka.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo yafatiye kapiteni wayo icyemezo gikomeye

Next Post

Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.