Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba

radiotv10by radiotv10
15/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali na yo imaze iminsi ivugwamo ibibazo by’amikoro byatumye badaheruka umushahara, banze kujya mu myitozo, mu gihe abatoza bari bamaze kwitegura, bakabategereza amaso agahera mu kirere.

Iyi kipe ya AS Kigali na yo iri mu makipe amaze iminsi avugwamo ibibazo by’amikora, aho amakuru aturuka mu bakinnyi bayo, avuga ko bamaze igihe batazi uko umushahara umera ku buryo amezi atatu yihiritse.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, iyi kipe yagombaga gusubukura imyitozo yo kwitegura imikino itandatu isigaye ya Shampiyona y’u Rwanda, ariko abakinnyi barabura.

Ni mu gihe abatoza bayo babyukiye kuri Kigali Pele Stadium ahagombaga gukorerwa iyi myitozo, ndetse bagatangira kwitegura kuko bari bamaze gushyiraho ibikoresho bibafasha gukoresha imyitozo, ariko bategereza abakinnyi baraheba.

Ni imyitozo yagombaga gusubukurwa kuri uyu wa Gatanu nyuma y’uko abakinnyi bari bahawe akaruhuko katanzwe n’umutoza Guy Bukasa ubwo hasozwaga umunsi wa 24 wa Shampiyona hakabaho akaruhuko k’amakipe y’Ibihugu ari mu myiteguro y’imikino inyuranye.

Gusa amakuru ahari, avuga ko n’ubundi abakinnyi bagiye muri aka karuhuko babwiye umutoza wabo ko mu gihe baba badahawe imishahara y’amezi atatu baberewemo, batazagaruka mu myitozo.

Ikipe ya AS Kigali isanzwe ifashwa n’Umujyi wa Kigali, si yo ivugwamo ibibazo by’amikoro gusa, kuko n’umuvandimwe wayo Kiyovu Sports na yo imaze amezi atanu idahemba abakinnyi bayo, ibyatumye abakinnyi bayo bakomeye na bo basa nk’abayigumuraho aho banze kuyifasha mu mikino iheruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + fourteen =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi

Next Post

Abanyeshuri barimo n’abo mu y’incuke basuye Polisi ibamara amatsiko ku mikorere yayo

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri barimo n’abo mu y’incuke basuye Polisi ibamara amatsiko ku mikorere yayo

Abanyeshuri barimo n’abo mu y’incuke basuye Polisi ibamara amatsiko ku mikorere yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.