• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande

radiotv10by radiotv10
25/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
EAC yongeye kwinjira mu bya Congo nubwo Tshisekedi yashatse kuyishyira ku ruhande
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir akaba anayoboye Akanama k’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yagiye kuganira na Félix Tshisekedi, ku bibazo by’umutekano biri muri iki Gihugu.

Ni uruzinduko yagize kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024 nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubutumwa bwatanzwe na Perezidansi ya Congo, buvuga ko “muri uyu mugoroba, mu rugo we muri Mont-Ngaliema, Perezida Félix Tshisekedi yakiriye Salva Kiir, Perezida wa Sudani y’Epfo, akaba na Perezida wa EAC uri mu ruzinduko rw’akazi mu kugarura amahoro n’umutekano mu karere.”

Perezidansi ya DRC ivuga kandi ko Abakuru b’Ibihugu ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi, banagiranye umusangiro, bikaba biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, Abakuru b’Ibihugu bongera guhura.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo, bugira buti “Kuri uyu wa Mbere, Perezida Tshisekedi na Salva Kiir baragirana ibindi biganiro ndetse n’ibikorwa by’akazi bitekanyijwe hagati y’abayobozi b’Ibihugu byabo.”

Perezida Salva Kiir uyoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, agiriye uruzinduko muri Congo nyuma y’amezi atatu, ingabo zari mu butumwa bw’uyu muryango muri iki Gihugu, zivuyeyo nyuma y’uko igihe cyazo cyarangiye ndetse ubutegetsi bwa Congo ntibwifuze ko cyongerwa.

Ibi biganiro kandi bibaye nyuma y’uko Perezida Félix Tshisekedi agiriye uruzinduko muri Angola, akakirwa na Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço, bakanagirana ibiganiro, byasoje yemeye ndetse akanifuza ko yazagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Umukuru w’u Rwanda, na we mu byumweru bibiri bishize, yagiriye uruzinduko i Luanda, aho na we yaganiriye na João Lourenço, na we akemera kuzaganira na Tshisekedi.

Salva Kiir kuri iki Cyumweru ubwo yageraga muri Congo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Moses Turahirwa uzwiho ibizamura impaka yongeye

Next Post

Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Sitting Volleyball: Hamenyekanye amakipe yegukanye shampiyona arimo iyitwaye inshuro 6 zikurikiranya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.