• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Habaye impanuka yakangaranyije abayibonye ikimara kuba

radiotv10by radiotv10
17/04/2024
in AMAHANGA
0
Uganda: Habaye impanuka yakangaranyije abayibonye ikimara kuba
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhanda uturuka Entebbe werecyeza i Kampala mu Murwa Mukuru wa Uganda, habereye impanuka y’imodoka itwara sima yubamye ku modoka nto yarimo umuntu umwe, wahise ahasiga ubuzima.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, ibera ahitwa Nkumba mu Mujyi wa Entebbe, ubwo imodoka isanzwe itwara Sima igenda inayivanga n’umucanga yataga umurongo ikaruhukira ku ivatiri yari iri hafi yayo.

Ikinyamakuru Daily Minitor gikorera muri Uganda, cyatangaje ko ubwo iyi modoka yari mu muhanda Entebbe- Kampala, yataga icyerekezo igahita igusha urubavu, ikigega cyayo kifashishwa mu kuvanga sima n’umucanga, cyahise cyubama ku modoka nto yo mu bwoko bwa Mitsubishi.

Iki kinyamakuru gitangaza ko iyi modoka itwara sima ifite pulake UAN 836D, mu gihe iy’ivatiri yo mu bwoko bwa Mitsubishi yo ifite Pulake ya RVR UBQ 371P.

Uwabonye iyi mpanuka ubwo yabaga, yatangaje ko iyi vatiri yagwiriwe n’iyi kamyo, yari irimo umuntu umwe, wahise ahasiga ubuzima, ndetse ubwo inzego zirimo Polisi zatabaraga, zikaba zasanze umubiri we ukirimo kuko hari hataraza ubutabazi bwo kwegura iyi modoka yegamiye ivatiri.

Ababonye iyi mpanuka iba kandi, batangaje ko umushoferi w’iyi kamyo itwara sima, we yahise ayivanwamo agahita ajyanwa ku ivuriro riri hafi y’ahabereye iyi mpanuka kugira ngo ahabwe ubutabazi bw’ibanze.

Ikamyo yahise igwa ku nto y’ivatiri  

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − three =

Previous Post

Imvura idasanzwe yaguye mu Bihugu by’Abarabu yahungabanyije byinshi

Next Post

Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe

Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.