Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hatanzwe umucyo ku by’umuhanzi watunze agatoki Kompanyi ko itahiguye isezerano yamuhereye imbere y’imbaga

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hatanzwe umucyo ku by’umuhanzi watunze agatoki Kompanyi ko itahiguye isezerano yamuhereye imbere y’imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Yago Pon Dat uherutse kumurika album ye ya mbere mu gitaramo yanaherewemo ikibanza na Kompanyi imwe ibigurisha, yavuze ko yategereje uwo mutungo yemerewe, amaso agahera mu kirere, mu gihe iyi kompanyi yo ivuga ko yiteguye guhigura iri sezerano ariko ko uyu muhanzi na we hari ibyo atubahirije.

Yago Pon Dat usanzwe ari n’umunyamakuru wibanda ku biganiro akora kuri YouTube Channel ye izwi nka Yago TV, mu mpera z’umwaka ushize yashyize hanze album ye ya mbere yise ‘Suwejo’.

Igitaramo yamurikiyemo iyi album cyabaye tariki 22 Ukuboza 2024, muri Camp Kigali, cyaranzwe na byinshi, birimo n’abantu bafataga umwanya bakagira icyo bavuga by’umwihariko bashimira uyu muhanzi wamuritse album amaze umwaka umwe yinjiye muri muzika.

Tumwe mu dushya twaranze iki gitaramo, harimo kuba uyu muhanzi Yago yarahawe ikibanza na Kompanyi isanzwe ibicuruza yitwa Marchall Real Estate, yamwemereye ubutaka bwo kubakaho mu Mujyi wa Kigali nyuma y’uko uwari uyihagarariye anyuzwe n’uburyo yitwaye ku rubyiniro.

Nyuma y’amezi ane, Yago yahishuye ko iki Kibanza cyabaye nka ya mahembe ya rya tungo ryo mu rugo, ngo kuko yategereje ko agihabwa amaso agahera mu kirere.

Mu butumwa Yago yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Company yitwa Marchal Real Estate yatwemereyee ikibanza mu Mujyi wa Kigali ubwo twari mu gitaramo cyo kumurika album (Suwejo) Amaso ko yaheze mu kirere ni amahoro cyangwa ni ko mukora?”

Uyu muhanzi wagaragaje ko asa nk’uwihebye ko atazabona uyu mutungo utimukanwa yemerewe n’iyi kompanyi, yasoje ubutumwa bwe agira ati “Bimaze iki kwemera ikintu imbere y’imbaga ntugisohoze?”

Ubuyobozi bwa Marchall Real Estate bwamenyesheje uyu muhanzi ko mu gitaramo cye, hakozwe amakosa, kuko hari ibyo bavugiyemo bikwiye kuzubahirizwa kugira ngo ahabwe ubwo butaka yemerewe.

Mu butumwa busubiza ubw’uyu muhanzi, Marchall Real Estate yagize iti “Iwawe Twakorewe amakosa. Umuyobozi wa Marchall Real Estate yakubwiye ko ikibanza uzakimurikirwa ku munsi tuzamurikaho inyubako twubakiye umuturage utishoboye i Bugesera.”

Ubutumwa bwa Marchall Real Estate bukomeza bugira buti “Ukwiye gutegura Team yawe ikaganira natwe. Twaguteye inkunga mu buryo bwa cash. Umuco wo gushima no kwihangana bikurange.”

Ubwo uhagarariye Marshall Real Estate yemereraga Yago ikibanza mu Mujyi wa Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

Next Post

Ibisobanuro bizanye ingingo nshya ku itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryateje impaka ku ‘kutanduza kaburimbo’

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro bizanye ingingo nshya ku itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryateje impaka ku ‘kutanduza kaburimbo’

Ibisobanuro bizanye ingingo nshya ku itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryateje impaka ku ‘kutanduza kaburimbo’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.