Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ubutumwa yitiriwe buvuga ku Ihuriro ririmo M23

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yamaganye ubutumwa bw’ubucurano yitiriwe, bwavugaga ko yatangaje ko u Rwanda rugiye gukorana n’Ihuriro AFC ribarizwamo imitwe irimo na M23.

Ni ubutumwa bwasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, bwanditswe hanifashishijwe ifoto y’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, buvuga ko mu gihe Leta ya Congo Kinshasa ikomeje gukorana na FDLR, iy’u Rwanda na yo yiyemeje gukorana na AFC.

Ubu butumwa, buvuga ko ibi byatangajwe na Yolande Makolo mu nyandiko ya Telegramme, ko “Niba DRC ikomeje gushyigikira no kuba inyuma ya FLDR Hutu, igihe kirageze ko u Rwanda” ngo u Rwanda na rwo rugiye gufatanya na Alliance Fleuve Congo, mu guha Corneille Naanga indege na Drones, ndetse n’intwaro zihariye.

Ubu butumwa bw’ubuhimbano, bwakomezaga buvuga ko “muri iki cyumweru tuzahuriza hamwe imbaraga n’Umugaba Mukuru wa Corneille Naanga hasinywa amasezerano y’ubwumvikane.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yifashishije ubu butumwa aragaza ko ari ubucurano, yabwamaganye, agira ati “Ni ikinyoma cyambaye ubusa. Njye sinjya nanakoresha Telegram.”

Very fake news. I don’t even use Telegram. pic.twitter.com/2hSEplv2VP

— Yolande Makolo 🇷🇼 (@YolandeMakolo) April 28, 2024

Ubutumwa bw’ubucurano nk’ubu bwakunze kujya buhimbwa n’Abanyekongo, bagamije kuyobya uburari ku bw’amakosa n’ibinyoma byakunze guhimbwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri Nyakanga umwaka ushize, ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye ubutumwa bwari bwitiriwe Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwavugaga ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame azohereza ingabo i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Icyo gihe ubuyobozi bwa RDF bwashyize hanze itangazo bunyomoza iby’ubu butumwa, bwari bwabwitiriwe, busaba abantu kutabuha agaciro kuko ari ibinyoma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Rubavu: Bamwe mu bajya gusezerana bavuze ibibatungura bikanabatera urujijo

Next Post

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b’abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

Ese koko mu Rwanda nta bakinnyi b'abanyempano bahari?- Isesengura ry’Umunyamakuru w’inararibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.