Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan

radiotv10by radiotv10
01/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari S.Sudan
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, abagezaho ubutumwa bagenewe n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Ni mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine, Maj Gen Vincent Nyakarundi arimo muri Sudani y’Epfo, aho yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwa UN buzwi nka UNMISS, bafite icyicaro mu Kigo cya Gisirikare i Juba.

Ubuyobozi bwa RDF buvuga kandi ko Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, yabanje guhura n’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo ziri muri ubu Butumwa, ndetse n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri ubu butumwa, Nicholas Haysom, baganiriye ku mikorere y’abasirikare b’u Rwanda muri UNMISS.

Maj Gen Vincent Nyakarundi kandi yanahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Santino Deng Wol; baganira ku guteza imbere imikoranire isanzweho hagati ya RDF n’ingabo za Sudani y’Epfo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, kandi yahuye n’abasirikare b’u Rwanda bari mu Kigo cya gisirikare kizwi nka Thongping Base Camp.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yagejeje kuri aba basirikare b’u Rwanda, ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ndetse n’Ubuyobozi bwa RDF, bwo kubashimira ku kuba bakomeje kuzuza inshingano zabo muri ubu butumwa bwa UN, babikorana ubunyamwuga n’imyitwarire iboneye.

Yaboneyeho kandi kubamenyesha uko umutekano w’u Rwanda uhagaze ndetse n’uwo mu Karere iki Gihugu cyabo giherereyemo, abasaba gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura ndetse no gukora kinyamwuga bakomeza guhesha ishema Igihugu cyabibarutse.

Maj Gen Vincent Nyakarundi ubwo yakirwaga mu Kigo cya Gisirikare i Juba
Yabanje guhura n’Uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa UN muri UNMISS, Nicholas Haysom
Yanahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Santino Deng Wol

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 11 =

Previous Post

Inama ku bifuzaga kuzahatanira umwanya wa Perezida w’u Rwanda nk’Abakandida bigenga

Next Post

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Related Posts

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali
MU RWANDA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Ibyamenyekanye ku gashya kabayeho bwa mbere muri ruhago Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.