• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukurikiranyweho kwica umubyeyi we haravugwa icyamuteye no kumukorera agashinyaguro

radiotv10by radiotv10
14/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, haravugwa umuntu ukekwaho kwica umubyeyi we (Se) yarangiza akanatwika umubiri we akanawujugunya mu bwiherero, agamije gusibanganya ibimenyetso.

Uyu ukekwaho kwica Se yatahuwe kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2024, ubwo amakuru yatangwaga na Nyina wari wamubonye atwika ibintu ariko batazi ibyo ari byo, mu gihe nyakwigendera yari amaze iminsi ibiri yarabuze kuko yari yavuye mu rugo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

Amakuru aturuka mu Mudugudu wa Museke, Akagari ka Kigoya, Umurenge wa Kanjongo, aho nyakwigendera yari atuye, avuga ko uyu musaza yari yagiye gukurikirana amatungo ye yororeraga mu biraro biri hafi y’urugo rw’umuhungu we unakekwaho kumwica.

Mukankusi Athanasie, Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamasheke Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, yemeje aya makuru y’ifatwa ry’ukekwaho kwica umubyeyi we.

Uyu muyobozi avuga ko Nyina w’uyu ukekwaho icyaha yatangaje ko nyakwigendera yari amaze iminsi ibiri yarabuze, baramushatse barahebye, ariko akaza gukeka umuhungu wabo.

Ati “Nyina yarabiketse ko umuhungu we ari we wabikoze kuko umusaza yari amaze iminsi ibiri abuze, baza kubona umuhungu we arimo atwika ibintu, baza gukurikirana basanga ari we yajugunyaga mu bwiherero.”

Amakuru yatanzwe n’uyu muyobozi kandi, avuga ko ukekwaho kwica umubyeyi we, yatwitse umurambo we agamije gusibanganya ibimenyetso.

Ukekwaho kwica umubyeyi we ubu ufungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kanjongo, bivugwa ko yari afitanye amakimbirane na nyakwigendera, wamubuzaga kugurisha imitungo itimukanwa irimo inzu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 5 =

Previous Post

APR BBC yatashye amaramasa muri BAL yageze i Kigali bucece mu gicuku abantu basinziriye

Next Post

Ibibazo bya Interineti biri mu karere byatangiye kugira ingaruka no ku Bihugu bikomeye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ibibazo bya Interineti biri mu karere byatangiye kugira ingaruka no ku Bihugu bikomeye

Ibibazo bya Interineti biri mu karere byatangiye kugira ingaruka no ku Bihugu bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.