Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Wess Brown na Kimenyi Yves baravutse, Di Natale yazamuwe mu ntera….ibyaranze uyu munsi mu mateka

radiotv10by radiotv10
13/10/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Wess Brown na Kimenyi Yves baravutse, Di Natale yazamuwe mu ntera….ibyaranze uyu munsi mu mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi ni kuwa Gatatu w’itariki ya 13 Ukwakira 2021 , ni umunsi wa 286 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 79 ngo umwaka urangire, Turi ku wa Gatatu wa 41 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 42 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.Ni umunsi mpuzamahanga wo kugabanya ibiza.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Kimenyi Yves  (1992)

Kimenyi Yves on Twitter: "Best Goalkeeper of the season… "

Yujuje imyaka 29, umunyezamu wa Kiyovu Sports n’ikipe y’igihugu Amavubi .Uyu mugabo wazamukiye mu Isonga FA, yanyuze mu makipe nka APR FC na Rayon Sports kuri ubu akaba ari kapiteni wa Kiyovu SC.

2.Wess Brown (1979)

My Football Life: Wes Brown speaks to United Review | Manchester United

Yujuje imyaka 42, umwongereza wahoze akina nka myugariro muri Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Wesley Michael Brown  winjiye muri Manchester united afite imyaka 12, yayivuyemo akinira Sunderland, Blackburn Rovers asoreza muri Kerala Blasters. Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yayikiniye imikino 23 ayitsindira ibitego bitatu.

3.Gabriel Agbonlahor ( 1986)

Agbonlahor bags brace in Villa victory - Eurosport

Yujuje imyaka 35, uwahoze ari Rutahizamu wa Aston Villa n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Gabriel Imuetinyan Agbonlahor  yavukiye kandi akurira mu mujyi wa Birmingham, umujyi ubarizwamo ikipe ya Aston Villa kugeza ubu akaba ariwe Rutahizamu wayo w’ibihe byose muri premier league , aho yayitsindiye ibitego 73, yakiniye kandi Watford na Sheffield Wednesday. Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yayikiniye imikino itatu.

4.Scott Parker (1980)

Every word Scott Parker said on Cherries youngsters, Junior Stanislas and  the need for signings - Dorset Live

Yujuje imyaka imyaka 41,umwongereza utoza Fulham, yakinaga nk’umukinnyI wo hagati, yanyuze mu makipe nka Charlton Athletic, Norwich City, Chelsea,Tottenham, Newcastle yabereye captain n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yakiniye imikino 18 nta gitego yayitsindiye gusa yari umwe mu bari bagize ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yageze muri ¼ cy’igikombe cy’Uburayi cya 2012.

5.Antonio Di Natale(1977)

Calcio Compleanno: Antonio Di Natale | Goal.com

Yujuje imyaka 44, Umutaliyani wahoze akina nka Rutahizamu muri Udinese n’ikipe y’igihugu y’u Butataliyani

Antonio “Totò” Di Natale  yavukiye mu mujyi wa Napoli, yakiniye amakipe nka Empoli, yafashije kuzamuka mu cyiciro cya mbere muri 2001-02 ,yerekeje muri Udinese muri 2004, ayifasha gukina Champions League.

Muri 2007 yagizwe kapiteni w’iyi kipe, 2010 na 2011 yatwaye igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi muri shampiyona, anahabwa igihembo cy’umukinnyi mwiza mu Butaliyani muri 2010,kugeza ubu niwe mukinnyi watsindiye Udinese ibitego byinshi mu mateka yayo 191.

Akaba Umutaliyani wa munani mu batsinze ibitego byinshi mu marushanwa yose, aho ibitego bye 311 bimushyira inyuma ya Silvio Piola, Alessandro Del Piero, Giuseppe Meazza, Luca Toni, Roberto Baggio, Francesco Totti na Filippo Inzaghi. Mu ikipe y’igihugu yabakiniye imikino 42 abatsindira ibitego 11.

6.Modou Barrow(1992)

Leeds United sign Modou Barrow on loan from Swansea City | Football News |  Sky Sports

Yujuje imyaka imyaka 29,umunya-Gambia ukina asatira aca ku mpande muri Jeonbuk Hyundai Motors yo muri Buyapani, n’ikipe y’igihugu ya Gambia.

7.Mamadou Niang (1979)

Municipal: former footballer Mamadou Niang candidate LREM in Marseille -  Archyde

Yujuje imyaka 42, umunya Sénégal wahoze akina nka Rutahizamu muri Marseilles, ikipe y’igihugu ya Senegal yayikiniye imikino 59 ayitsindira ibitego 19.

Ni bande bitabye Imana ku munsi nk’uyu?

2012 :Helmut Haller: Umudage wakinye umupira w’amaguru muri Bologna na Juventus, yitabye Imana ku myaka 73.

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi:

1967: Bwa mbere muri Leta zunze ubumwe za Amerika hakinwe umukino wa basketball wateguwe n’ishyirahamwe ry’uyu mukino, ABA (American Basketball Association), Oakland Oaks itsinda Anaheim Amigos amanota 132-129. Ni bwo bwa mbere hatangijwe gukinwa imipira y’ubururu n’umweru.

Ni nabwo hatangiye gukoreshwa ibibuga bigaragaza aho bashutira amanota atatu.

1986: Komite mpuzamahanga Olempike yemeje ko umukino wa Baseball izakinwa mu mikino Olempike y’1992 yagombaga kubera Los Angeles

2019: muri marathon yabereye Chicago, Umunya-Kenya kazi Brigid Kosgei yatwaye marathon akoresheje 2:14.04  akuraho agahigo kari kamaze imyaka 16 gashyizweho na Paula Radcliffem.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + thirteen =

Previous Post

Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar  yakatiwe gufungwa imyaka ibiri

Next Post

Amatariki y’irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye
MU RWANDA

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

21/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatariki y’irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Amatariki y'irushanwa rya Tour du Rwanda 2022 yamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.