Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe ‘Coup d’Etat’ bigateza impagarara kuri bamwe

radiotv10by radiotv10
20/05/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UMUTEKANO
0
Uko i Kinshasa byifashe nyuma y’uko hapfubijwe ‘Coup d’Etat’ bigateza impagarara kuri bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

I Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarais ya Congo, ubu hari ituze nyuma y’uko hari abitwaje intwaro bagabye igitero bavuga ko bashaka gusubizaho Zaire ya Cyera, bagakura ubutegetsi mu maboko ya Felix Tshisekedi.

Amakuru aturuka i Kinshasa, avuga ko kuri iki Cyumweru nyuma y’uko habaye iki gitero cy’abantu bagera muri 40 bavugaga ko bagiye guhirika ubutegetsi, hiriwe ubwoba.

Ni igitero cyabaye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’igice (04:30’) za mu gitondo gihera ku rugo rwa Minisitiri w’Intebe Wungirije, akaba na Minisitiri w’Ubukungu, Vital Kamerhe, gikomereza mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.

Umuvugizi w’Ingabo za Congo, Maj Gen Slyvain Ekenge, yemeje ko abantu bane bo ku ruhande rw’aba bitwaje intwaro, bahasize ubuzima barimo uwari ubayoboye, Christian Malanga ukomoka muri Congo akaba afite n’ubwengihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Maj Gen Slyvain Ekenge yatangaje ko igisirikare cy’Igihigu cyitwaye neza, kikaburizamo iki gitero, ndetse kikanafata mpiri benshi mu bari bakigabye.

Itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rigira riti “Guverinoma irashimira uburyo igisirikare n’inzego z’umutekano bitwaye, bakaburizamo iki gikorwa cyo kwigerezaho.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko mu gihe hagitegerejwe ibizava mu iperereza, “Guverinoma yizeza ko abaturage bose ko hafashwe ingamba zo gukaza umutekano w’inzego, ndetse n’abayobozi bakuru mu Mujyi wa Kinshasa.”

Nanone kandi Guverinoma yizeje Abaturage ko umutekano wabo urinzwe, ibasaba gukora imirimo yabo ntacyo bikanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 7 =

Previous Post

Amavubi yungutse rutahizamu w’umunyamahanga byavugwaga ko yemeye gukinira u Rwanda

Next Post

Amakuru mashya atunguranye kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wagaragaye yitabiriye umwiherero w’Amavubi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya atunguranye kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wagaragaye yitabiriye umwiherero w’Amavubi

Amakuru mashya atunguranye kuri rutahizamu w’Umunya-Nigeria wagaragaye yitabiriye umwiherero w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.