Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Igipimo cy’umusemburo kidasanzwe cyasanzwe mu muyobozi witabiriye inama yaganjijwe n’agasembuye

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza: Igipimo cy’umusemburo kidasanzwe cyasanzwe mu muyobozi witabiriye inama yaganjijwe n’agasembuye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza, haravugwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe ko muri uyu Murenge witabiriye inama yaganjijwe n’agahiye nabwo aza asanga igiye kurangira, bituma Polisi iza kumupima, isanga mu mubiri we harimo alukolo iri hejuru ya 400%.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gikaya yitabiriye iyi nama yaberaga ku Biro by’Umurenge wa Nyamirama kuri uyu wa Kane tariki 23 Gicurasi 2024, ariko na bwo yari yabanje kubura, ndetse bamuhamagara kuri telefone bagaheba.

Icyakora ubwo inama yari igiye guhumuza, bagiye kubona babona uyu muyobozi arahatungutse, ariko batungurwa no kuba aje bigaragara ko yasinze.

Ubu businzi bwagaragariraga buri wese wari witabiriye iyi nama, bwatumye hiyambazwa Polisi, ije imusaba guhuha mu kuma gapima igipimo cya alukolo iri mu mubiri w’umuntu, basanga iri hejuru ya 400%.

Amakuru ava muri bamwe, avuga ko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yari yahereye mu gitondo anywa inzoga.

Bivugwa kandi ko uyu muyobozi asanzwe arangwa n’imyitwarire idahwitse ndetse ko inzego zimukuriye zakunze kumuhwitura ariko akinangira.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yagize ati “Hari n’amabaruwa yagiye yandika avuga ko atazongera, ubu rero noneho amakosa yakoze ni amakosa ashyira akaga ku mitangire ya serivisi ku nzego z’ibanze kandi ahita atugiraho ingaruka twese.”

Umuyobozi w’Akarere yavuze ko kuko uyu muyobozi ahesha isura mbi imiyoborere, ndetse agatuma abaturage bijundika inzego, hagiye gukurikiraho ibiteganywa n’amategeko.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + two =

Previous Post

Hatangajwe undi muti ugiye kuvugutirwa ikibazo cy’ibirombe bihitana ubuzima bwa bamwe mu Rwanda

Next Post

Hagiye kuba gitaramo kizasandereza ibyishimo mu Bakristu bo mu Rwanda kitazagira uwo giheeza

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye kuba gitaramo kizasandereza ibyishimo mu Bakristu bo mu Rwanda kitazagira uwo giheeza

Hagiye kuba gitaramo kizasandereza ibyishimo mu Bakristu bo mu Rwanda kitazagira uwo giheeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.