Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Abasirikare bakuru barimo Aba-Colonel bateye umugongo FARDC bagasanga M23 bavuze icyabibateye

radiotv10by radiotv10
04/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Abasirikare bakuru barimo Aba-Colonel bateye umugongo FARDC bagasanga M23 bavuze icyabibateye
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gikomeje guterwa umugongo na bamwe mu basirikare barimo n’abo ku rwego rwo hejuru, nka ba Colonel batatu biyemeje kwifatanya na M23, bavuga icyabateye gufata iki cyemezo, n’intego bifuza kugeranaho n’uyu mutwe.

Aba basirikare babitangarije YouTube Channel yitwa Mama Urwagasabo, mu kiganiro umunyamakuru wayo aherutse gukora ubwo yerecyezaga mu bice bigenzurwa na M23.

Col Josue Biyoyo avuga ko ubu ameze nk’umwana w’impinduramatwara, kuko yemeye kuza kwifatanya na M23 kugira ngo afatanye n’abandi kugarura amahoro amaze igihe yarabuze muri iki Gihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Naje kugira ngo dushake amahoro, kugira ngo dukosore ibitagenda; birimo ivangura by’umwihariko iryimakajwe na Leta ikorera bamwe mu Banyekongo.”

Col Josue Biyoyo avuga ko yanigeze gufungwa n’ubutegetsi buriho kubera iyi ntego, akamara amezi icyenda afungiye ahantu habi cyane, ubundi akaza gufungirwa ku cyicaro gikuru cya FARDC.

Ati “Nyuma rero nafashe icyemezo cyo kuza gusoza intego kuko tugomba kugira ahantu hazaba habereye abana bacu mu gihe kizaza, aho bazaba bisanzuye.”

Col Baringene Sadam wahoze akora ku cyicaro gikuru cya FARDC, we avuga ko na we yaje gutanga imbaraga ze muri uru rugendo rwa M23 rwo kuzana impinduramatwara.

Ati “Nanjye nazanye imbaraga zanjye ngo ntange umusanzu wo gushaka impinduramatwara.”

Muri aba basirikare kandi, harimo Col Niragire Karibu Shikafaru wahoze ayobora rejima ya 305 muri Kivu y’Epfo, akaba yarahisemo na we kuza guha imbaraga uruhande rushaka kurandura akarengane gakorerwa bamwe mu Banyekongo.

Ati “Ubu ndi hano kuko nari maze kubona ko abo nakoreraga nta rukundo bafitiye abantu, niyemeza kuza kwihuza n’ingufu ziharanira amahoro, kandi tuzazana amahoro.”

Harimo kandi Major Mpiriwe Muganza Frederic wari Umupolisi mu Gipolisi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yakoreraga inshingano ze mu Mujyi wa Goma.

Ati “Igitumye ndi hano uyu munsi, ni ivangura ry’ubwoko rirenze urugero, noneho byajya kugera kuri ba bandi bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bikaba ikibazo, byajya kugera ku witwa Umututsi noneho bikaba ikibazo kiremereye, bene wacu bashiriye muri Gereza nta mpamvu.”

Maj Mpiriwe avuga ko kandi ikibabaje ari ukuba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa buri gukoresha umutwe wa FDLR muri uru rugamba rwo kurwanya Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo.

Ati “Kubona iyo Leta ifata abo bantu bavumwe FDLR kubera ibikorwa byabo, akaba ari bo baza kurwanya abo bantu barwanira uburenganzira bwabo, byarambabaje cyane, numva ko ngomba kuza gufatanya n’abandi muri uru rugamba.”

Cap. Yohodari Gandika wakoreraga umwuga wa gisirikare muri Sake, avuga ko na we icyatumye atera umugongo igisirikare cya Leta, ari amacakubiri yimakajwe n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, ndetse n’akarengane bukomeje gukorera Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Ati “Muri inite nabagamo, inka zaribwaga nkabona abayobozi banjye bankuriye ni bo babyihishe inyuma, barya inka z’abantu bitewe n’ubwoko bwabo.”

Cap. Yohodari Gandika avuga kandi ko ikindi cyamuteraga agahinda, ari ukubona uburyo FARDC yakoranaga n’abayobozi b’umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda ukaba waranakomeje gukora ibikorwa bibi mu burasirazuba bwa Congo.

Ati “Natekereza ibyo bakora n’ibikorwa byabo, kandi nkabona barahabwa agaciro kundusha njyewe kandi ari njyewe uvuga mu Gihugu hagati.”

Avuga kandi ko mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, harimo ivangura rikomeye, kuko harimo bamwe bafungwa bakanatotezwa bazizwa uko basa n’ubwoko bwabo.

Col Josue Biyoyo
Col Baringene Sadam
Col Niragire

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 6 =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yirukanye umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda

Next Post

Huye: Bagaragaje ibibazo baterwa n’inyubako za Leta zashaje zitagikoreshwa

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Bagaragaje ibibazo baterwa n’inyubako za Leta zashaje zitagikoreshwa

Huye: Bagaragaje ibibazo baterwa n’inyubako za Leta zashaje zitagikoreshwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.