Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, katoye umwanzuro ushyigikira umugambi wa Leta Zunze Ubumwe za America, usaba ihagarikwa ry’Intamaba ihanganishije Israel na Hamas muri Gaza.

Ni icyemezo cyatowe ku bwiganze busesuye, kemejwe n’Ibihugu binyamuryango 14 kuri 15 bigize Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, aho u Burusiya bwo bwifashe.

Uyu mwanzuro uvuga ko Israel yemeye igitekerezo yagejejweho cyo guhagarika imirwano, ugasaba umutwe wa Hamas na wo kubyemera.

Uyu mwanzuro w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, uje ushyigikira Ibihugu bitandukanye birimo ibigize Umuryango w’Ibihugu birindwi bikize kurusha ibindi ku Isi uzwi nka G7 na wo washyigikiye ko iyi ntambara imaze iminsi muri Gaza, ihagarara.

Iyi gahuda yo guhagarika imirwano yagejejwe kuri Israel bigizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse bikaba biri kugirwamo uruhare n’abahuza nk’Ibihugu bya Qatar na Misiri, nk’uko byatangajwe na Perezida Joe Biden wa USA.

Uyu mugambi kandi wanashyigikiwe n’abayobozi bakuru muri Guverinoma ya Israel nubwo utaragezwa imbere ya Guverinoma yaguye.

Gusa kuri Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu; ntibirasobanuka niba na we ashyigikiye iyi gahunda ya Perezida Joe Biden

Uyu mwanzuro watowe n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, nyuma y’uko Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken ahuye n’abayobozi banyuranye barimo Netanyahu ubwe, amugezaho igitekerezo cyo gushyigikira iyi gahunda yo guhagarika intambara.

Mbere y’amasaha macye ngo hatorwe uyu mwanzuro, Antony Blinken yari yabwiye abayobozi, ati “niba mwemeye guhagarika imirwano, nimureke na Hamas na yo ibishyigikire.”

Gusa mu minsi 10 ishize, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yari yatangaje ko Israel na yo yemeye iki gitekerezo cyo guhagarika imirwano.

Iyi ntambara ya Israel na Hamas, yatangiye tariki 07 Ukwakira umwaka ushize wa 2023, imaze guhitana abarenga ibihumbi 37 nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero

Next Post

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.