Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye

radiotv10by radiotv10
21/06/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Icyemezo cyafatiwe umunyamakuru w’imyidagaduro waregwaga gukorera urugomo mu kabari cyamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Rugemena Amen uzwi nka Babu mu biganiro by’imyidagaduro, yahamijwe icyaha cyo gukubita no gukomeretsa yakoreye umuturage mu kabari, akatirwa igihano cy’igifungo gisubitse.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024, nyuma y’uko ruburanishije uru rubanza mu cyumweru gishize tariki 13 Kamena 2024.

Ubwo uregwa yaburanaga mu mizi kuri iki cyaha, Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa umwaka umwe no gutanga ihazabu y’ibihumbi 300 Frw.

Ni nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwari bwagaragaje ibimenyetso ko uregwa yakubise igipfunsi mu maso umuturage, akanamukomeretsa.

Mu gusoma icyemezo cy’Urukiko, Umucamanza yavuze ko icyaha kiregwa Rugemena Amen [Babu] kimuhama, cyane ko na we ubwe yakiyemereye, rutegeka ko ahanishwa igifungo gisubitse mu gihe cy’amezi atatu no gutanga ihazabu y’ibihumbi 50 Frw.

Mu iburanisha, Babu yemeraga icyaha ko yakubise uwo musore, ariko agasaba kugabanyirizwa igihano ntafungwe, kuko uwo yashinjwaga gukorera icyaha, yamusabye imbabazi, ndetse ko biyunze bakanabikorera inyandiko, aho uwo musore avugwaho gukubita yaniyemereye ko ari we wari wamwenderanyijeho.

Umunyamakuru Babu arekuwe nyuma y’ibyumweru bitatu, dore ko yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku ya 01 rishyira ku ya 02 Kamena 2024, nyuma y’uko yari akurikiranyweho icyaha cyo ukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake, uwo bari bahuriye mu kabari kamwe gaherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Kenya: Ubutumwa buteye agahinda bw’Umupolisi wahuye n’isanganya rikomeye mu guhosha imyigaragambyo

Next Post

Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

Related Posts

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

by radiotv10
12/08/2025
0

Umunyamakuru Nepo Dushime bita ‘Mubicu’ uzwi mu biganiro bya siporo no kogeza imipira, yerecyeje ku kindi gitangazamakuru nyuma yo gutandukana...

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

by radiotv10
12/08/2025
0

Over the years, Rwanda’s dance culture has gone through an exciting transformation. What once started as traditional moves like Amaraba,...

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
11/08/2025
0

Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga no mu bikorwa byo gususurutsa abantu, biravugwa ko yatawe muri yombi akekwaho gutwara ikinyabiziga...

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi Confy yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya ‘Gumaha’ yakoranye na Chiboo uri mu bagenzweho, igaragaramo aba bahanzi gusa, itarimo undi...

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Diamond Platnumz yavuze ko hari abana ashobora kuba arera kandi atari abe, ariko ko we atabyitayeho,...

IZIHERUKA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda
MU RWANDA

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

13/08/2025
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

13/08/2025
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

Musanze: Umuseke watambitse bamwe berecyeza aho bakirira Umukandida wa RPF-Inkotanyi hatangizwa Kwiyamamaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.