Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’impanuka yabereye mu Muhanda werecyeza mu mujyi wa Huye, y’imodoka yagonze bamwe mu bari bagiye mu bikorwa byo kwamamaza, bamwe bakahasiga ubuzima.

Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Matyazo mu Murenge wa mu Karere ka Huye, ubwo mu muhanda harimo abaturage benshi berecyezaga mu gikorwa cyo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko iyi mpanuka yabaye “mu rucyerere mu ma saa kumi zigana saa kumi n’imwe.”

Yavuze ko imodoka nini yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yari mu muhanda w’i Matyazo yerecyeza mu mujyi wa Huye “yagonze abantu baganagana mu bikorwa byo kwiyamamaza mu mujyi wa Huye, ku bw’ibyago bane bahasiga ubuzima abandi bane barakomereka cyane bajyanwa kwa muganga ariko muri abo bose batatu bashobora gutaha, umwe ni we bishobora kuba bikomeye kurushaho. Bari mu Bitaro bya CHUB”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga avuga ko umushoferi wari utwaye iyi modoka yagonze aba bantu yahise atoroka, ubu akaba akiri gushakishwa n’inzego.

Yavuze ko Polisi yahise itangira gukora iperereza ku cyaba cyateye iyi mpanuka yahitanye ubuzima bw’aba baturage bari bagiye kwamamaza Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi.

Ati “Cyane cyane ko uwari utwaye icyo kinyabiziga atahise aboneka. Ntabwo turahasobanukirwa neza natwe turacyakurikirana kugira ngo tumenye icyayiteye.”

ACP Rutikanga yaboneyeho kwihanganisha imiryango y’ababuriye ababo muri iyi mpanuka ndetse n’abayikomerekeyemo, anasaba abantu kwitwararika yaba abagenda mu muhanda ndetse n’abashoferi bakirinda icyatuma habaho impanuka nk’izi.

Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga ijambo yagejeje ku baturage ibihumbi 300 bari baje kumwakira, yagarutse kuri iyi mpanuka; afata mu mugongo imiryango y’aba bantu bayiburiyemo ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza

Next Post

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.