Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare

radiotv10by radiotv10
18/07/2024
in AMAHANGA
0
Byamenyekanye ko batatu bahitanywe n’impanuka muri Canada barimo Umunyarwanda wari umusirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu basanzwe bitabye Imana bazize impanuka y’imodoka yabereye mu gace ka Sheffield muri Canada, byamenyekanye ko harimo Umunyarwanda wari usanzwe ari umusirikare mu gisirikare cy’iki Gihugu cya Canada.

Iyi mpanuka yabaye mu rukerera rwo ku Cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024 ahagana saa cyenda n’iminota icumi (03:10’) za mu gitondo nk’uko byatangajwe na Polisi ya Canada.

Aka gace ka Sheffield ko mu Ntara ya New Brunswick kabereyemo iyi mpanuka, gasanzwe kazwiho kugira imihanda irambuye, aho imodoka zinyura zifite umuvuduko wo hejuru.

Iyi mpanuka yahitanye abantu batatu bari muri iyi modoka yari mu muhanda ufite nimero 105 muri Sheffield, yatewe no kuba imodoka yari ibatwaye yararenze umuhanda, igasekura igiti, igahita ifatwa n’inkongi y’umuriro igashya igakongoka.

Inzego zishinzwe umutenago zirimo ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi ryi muri Oromocto, zageze ahabereye iyi mpanuka yamaze kuba, ndetse zitangaza ko hagiye guhita hakorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka yahitanye abantu batatu.

Amakuru yabanje gutangazwa ubwo iyi mpanuka yari ikiba, avuga ko abantu batatu bose bari muri iyi modoka basanzwe bapfuye mu gitondo, ariko batahise bamenyekana, aho hari hatangiye gukorwa iperereza ryo kumenya imyirondoro yabo.

Umwe muri aba batatu, byamenyekanye ko ari Umunyarwanda Kevin Nkubito w’imyaka 29 wari umaze imyaka itatu mu gisirikare cya Canada, ndetse umuryango we ukaba wemeje inkuru y’urupfu rwe.

Kevin Nkubito wari ufite ipeti rya Sous Lieutenant mu gisirikare cya Canada, yabaga muri iki Gihugu aho yabanaga n’umuryango we, biteganyijwe ko uyu munsi asomerwa misa yo kumusabira bwa nyuma, iturirwa mu Mujyi wa Kigali ku Kimihurura.

Nkubito Kevin wari umusirikare mu Gisirikare cya Canada yaguye mu mpanuka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 11 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hagiye gutangazwa amajwi agezweho y’amatora ya Perezida n’ay’Abadepite

Next Post

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Amafoto agezweho agaragaza aho kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera bigeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.