Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Ku Isi habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga cyagize ingaruka kuri rumwe mu nzego zikomeye

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
BREAKING: Ku Isi habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga cyagize ingaruka kuri rumwe mu nzego zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Habaye ikibazo mu ihuzanzira ry’ikoranabuhanga ryifashishwa mu ngendo z’indege by’umwihariko ku Bibuga by’Indenge, cyagize ingaruka kuri uru rwego ku Isi hose, aho Kompanyi z’indege nyinshi muri Leta Zunze Ubumwe za America no mu bindi Bihugu, zasubitse ingendo zazo z’uyu munsi.

Ni ikibazo cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024 cyabaye muri iri koranabuhanga ry’ingendo zo mu kirere ku Isi hose by’umwihariko ryo ku Bibuga by’Indege.

Uretse Kompanyi zikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za America zasubitse ingendo zazo uyu munsi, ni na ko byagenze ku zo mu Bwongereza, kimwe no mu Buhindi, ndetse n’ibindi Bihugu binyuranye.

Ahagana saa kumi n’ebyiri ku isaha ngengamasaha mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Tereleviziyo yo muri Australia ya ABC, ndetse n’ibigo bitandukanye, byatangaje ko byahuye n’ikibazo gikomeye kiri tekinike cyanagize ingaruka ku bikorwa byabyo.

Nyuma y’umwanya muto hatangajwe ibi, ibindi Bihugu na byo byatangaje ikibazo nk’iki, cyagiye kigira ingaruka ku bikorwa binyuranye by’umwihariko mu bijyanye n’ihuzanzira ryo mu rwego rw’ubwikorezi.

 

Ingendo z’indege mu cyeragati

Kompanyi z’ingendo zo mu kirere zo muri Leta Zunze Ubumwe za America nka Delta, United ndetse na American Airlines, zasubitse ingendo zose zari zifite uyu munsi kubera ikibazo cyabaye mu ikoranabuhanga, nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’iki Gihugu gishinzwe iby’Indege FAA (Federal Aviation Administration).

Ibibuga by’indege ku Mugabane w’u Burayi, na byo byatangaje ko byahuye n’ikibazo nk’iki, aho nk’i Berlin mu Budage, Ikibuga cy’Intege Mpuzamahanga, cyahagaritse ibikorwa.

Umuvugizi w’iki Kibuga cy’Indege yagize ati “Muri aka kanya, turifuza kumenyesha ko twagize ikibazo cya tekinike mu kugenzura no kwakira abagenzi ndetse na serivisi z’ikibuga byatumye ibikorwa bihagarara kugeza saa yine [zo muri iki Gihugu].”

Kompanyi y’indege ya Ryanair yo muri Irland, isanzwe ari iya mbere ku Mugabane w’u Burayi mu kugira abagenzi benshi, na yo yatangaje ko “twahuye n’ikibazo gikomeye mu ihuzanzira ry’ikoranabuhanga ku Isi. Turagira inama abagenzi kugera ku kibuga cy’indege nibura amasaha atatu mbere y’isaha y’uregendo.”

Ibi kandi ni na ko byagiye bitangazwa n’Ibibuga by’Indege ndetse na Kompanyi z’ingenzo zo mu kirere zo mu Bihugu binyuranye ku Isi, nko mu Bufaransa, mu Bwongereza no mu Buhindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 12 =

Previous Post

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Next Post

Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Related Posts

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

by radiotv10
05/11/2025
0

Madamu Claudia Sheinbaum, Perezida wa Mexico yahuye n’uruva gusenya, ubwo yari ku muhanda aganiriza abamushyigikiye, umugabo akaza akamukoraho, kugeza no...

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC...

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

by radiotv10
05/11/2025
0

Mu Gihugu cy’u Buhindi, abantu 11 bapfiriye mu mpanuka ya gari ya moshi yari itwaye abagenzi, yagonganye n’iyari itwaye ibicuruzwa...

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Ikibuga cy’Indege cya Bruxelles cyari cyahagaritse ibikorwa kubera impungenge z’umutekano zatewe n’indege zitagira abapilote (Drones) bitazwi aho zaturutse zahazengurutse, cyasubukuye...

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

by radiotv10
05/11/2025
0

The Banyamulenge people, together with other ethnic groups including the Babembe, Bapfuru, Bashi, and others living in Minembwe in the...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Icyo Umujenerali wa FARDC yavuze ku basirikare benshi bagaragara mu gace yakirijwemo ibibazo uruhuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.