Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje inzira izageza ubuvuzi bw’u Rwanda kuba igicumbi mu karere

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Perezida Kagame yagaragaje inzira izageza ubuvuzi bw’u Rwanda kuba igicumbi mu karere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko uko u Rwanda ruzakomeza kubaka ubushobozi bw’urwego rw’ubuzima hongererwa ubumenyi abarukoramo ndetse n’ibikorwa remezo, bizatuma nta Banyarwanda bajyaga kwivuriza hanze, ahubwo bakivuriza imbere mu Gihugu, ndetse n’abo mu karere no muri Afurika bakaza kukivurizamo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024 ubwo hatangizwaga ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura Ibitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Bimwe mu biteganyijwe mu kwagura ibi Bitaro mu mushinga w’igihe kirekire kugeza mu mwaka wa 2050, harimo kongera ubunini bwabyo mu buso, ku buryo bizava ku kwakira abarwayi 167 bahavurirwa bahacumbikiwe, bakagera kuri 600, ndetse hakanatangizwa serivisi nshya zirimo izo kuvura indwara zikomeye nka Cancer.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuhate washyizwe mu rwego rw’ubuzima, ugenda utuma hashyirwaho ibikorwa nk’ibi ariko na byo bigashyira ku gitutu cyo kwifuza ibirenze ibi.

Yavuze ko mu gihe cyashize, urubyiruko rw’u Rwanda rwajyaga kwigira no kwihugurira mu mahanga, ahasanzwe hazwiho kuba hari ibikorwa remezo biteye imbere mu buvuzi, bakagenda bagaruka mu Rwanda kugira ngo na bo bazamure urwego rw’ubuvuzi nk’urw’aho bavuye kwiga, ariko ko ubwabyo bitageza kuri bya bindi birenze u Rwanda rwifuza.

Ati “Mu gihe nk’icyo, iyo ushaka ko abantu bagaruka bakaza guhugura abandi ndetse bakanatanga serivisi z’ubumenyi bazanye, ntabwo uba ugitegereje ko uzajya wohereza abarwayi hanze, iyo rero wohereza abantu bakajya guhugurirwa hanze, ariko nanone ugakomeza kohereza abarwayi kujya kwivuriza hanze, ntacyo uba uri gukora. Rero ni yo mpamvu tuba dukeneye kuzamura ubushobozi hano mu Gihugu cyacu, mu nzego zose nyinshi mu buryo bwose bushoboka.”

Perezida Kagame kandi avuga ko igihe ubushobozi bwubakiwe mu Rwanda, buzanatuma nta Munyarwanda wongera kujya kwivuriza hanze, ndetse ahubwo n’abo mu bindi Bihugu bakaza kwivuriza muri iki Gihugu kuko hazaba harubatswe ibikorwa remezo bitanga serivisi zifite irema.

Ati “Ibyo twubaka hano, nk’iki gikorwa remezo, byose hamwe n’ubushobozi bwo kubaka mu bantu kugira ngo batange serivisi zikenewe, biri muri uwo murongo wo kumva akamaro k’ishoramari dukora dufatanyijemo n’inshuti n’abafatanyabikorwa, kandi turifuza ko bigera kuri urwo rwego rwiza navuze. Ibyo bisaba umuhate no guhozaho.”

Yavuze kandi ko ibi bitazagirira akamaro Abanyarwanda gusa, ahubwo ko bizatuma n’abo mu karere u Rwanda ruherereyemo n’abo ku Mugabane wa Afurika, babasha kwivuriza hafi.

Yasabye kandi inzego bireba ko zikemura mu buryo bwihuse ibibazo byavuzwe ahagiye gushyira iki gikorwa remezo, kugira ngo bitagira ingaruka kuri iyi mishinga myiza iri gushyirwa mu bikorwa.

Ati “Ntabwo twashyira imbaraga kuri ibyo gusa, ngo twibagirwe gushakira umuti ibibazo bihari, waba uri gutesha agaciro ibikorwa byiza uri gukora.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yizeje abari muri uyu mushinga, ko azabashyigikira mu buryo bwose bushoboka, kuko bari mu mishinga myiza kandi ifitiye u Rwanda n’Abanyarwanda akamaro.

Perezida Kagame ubwo yatangizaga imirimo yo kwagura ibi Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali
Perezida Kagame yagaragaje bimwe mu biteganyijwe muri uyu mushinga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eleven =

Previous Post

Uganda: Byakaze ku cyicaro cy’ishyaka ry’umuhanzi akaba n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Perezida Kagame yageneye ubutumwa inshuti z’abanyacyubahiro bamwoherereje ubumwifuriza intsinzi nziza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.