Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yongeye kugenera ubutumwa ibinyamakuru byijandika mu gushaka guhindanya u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yongeye kugenera ubutumwa ibinyamakuru byijandika mu gushaka guhindanya u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kubwira ibinyamakuru bishyira hanze inkuru ziba zigamije kwanduza isura nziza y’u Rwanda, ko ntacyo bizageraho, abimenyesha ko byabigerageje kuva cyera ariko imigambi yabyo yagiye ipfuba, asaba abantu kujya babitera umugongo bakikomereza inzira nziza barimo.

Ni nyuma y’uko ikinyamakuru ESPN kiri mu bikomeye bikora inkuru zijyanye na siporo, gishyize hanze inkuru ndende kinenga imikoranire y’ubuyobozi bwa Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za America, NBA bwagiranye n’u Rwanda mu irushanwa nyafurika rya BAL.

Iyi nkuru ndende ya ESPN igaruka ku bikorwa bya siporo mu Rwanda, igenda inavangamo ibindi iki kinyamakuru kivuga ko kinenga bijyanye ngo no kuba u Rwanda rurenga ku burenganzira bwa muntu, kigakoresha imvugo inyuranye n’ukuri kivuga ko aya masezerano ya NBA yayagiranye ‘n’Umunyagitugu wo muri Afurika’.

Ikinyamakuru RADIOTV10 giherutse gushyira hanze inyandiko, gishyira umucyo kuri ibi binyoma byatangajwe na ESPN, aho cyagaragaje ko ibyatangajwe n’iki kinyamakuru cy’Abanyamerika, bihabanye n’ukuri, ndetse bikaba biri mu murongo w’abiyemeje guharabika u Rwanda, kubera intambwe ishimishije rukomeje gutera.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we mu nyandiko yatambukije mu kinyamakuru The New Times, anenga iyi nkuru iyobya ya ESPN, aho yagaragaje ko ntakindi igamije, ahubwo ari ugushaka “gusubiza inyuma ibyishimo byacu bakoresheje gutera hejuru kwabo mu binyoma.”

Agaruka kuri uku kunenga imikoranire ya NBA n’u Rwanda, Yolande Makolo, yagize ati “NBA na BAL bakwiye gukomerwa amashyi ku bwo kwanga kuyobywa n’abashaka ko Abanyafurika baheezwa ku meza yo hejuru ya siporo. Iyi miryango yarebye kure mu kugira uruhare mu guteza imbere imikino mu buryo bw’ubukungu n’imibereho myiza mu Rwanda ndetse no muri Afurika.”

Makolo kandi yakomeje agaragaza ibyo Komiseri Wungirije wa NBA, yabwiye kiriya kinyamakuru cya ESPN, ati “Ibiganiro twagiranye na Paul Kagame bose byaganishaga ku kuzamura imibereho y’Abanyarwanda…Ni gute twakwinjiza abantu, ni gute twabera urugero rwiza abantu binyuze muri basketball mu rwego rwo gutuma imibereho y’Abanyarwanda ikomeza kuba myiza kurushaho.”

Makolo yaboneyeho gushima NBA, avuga ko “ni bamwe mu bigo bikomeye bya siporo byaje kureba ko hari indi Si irenze Uburengerazuba.”

Perezida Paul Kagame watanze igitekerezo kuri ubu butumwa n’inkuru byatanzwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yibukije ko atari rimwe cyangwa kabiri abanenga u Rwanda bakoresheje ibinyoma bazamuye amajwi.

Yagize ati “Ibi byose ni imbaraga zitagize icyo zigeraho. Bakomeje gutsindwa kuva cyera, kandi ni ko bizakomeza kugenda! Mubareke ntimubiteho.”

Uku kunenga u Rwanda kuje nyuma y’uko mu gihe gishize ubwo Abanyarwanda bari mu myiteguro y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, ibinyamakuru binyuranye ku Isi, byiteranyije mu mugambi wo gushyira hanze inkuru z’uruhererekane byise ‘Forbiden Stories’ mu mushinga wa ‘Rwanda Classified’ na wo wari ugamije guhindanya isura y’u Rwanda.

Ni inkuru zari zigamije kurangaza Abanyarwanda n’inshuti zarwo, ariko bazitera umugongo, bikomereza inzira bari barimo, aho abasesenguzi banavuga ko uyu mushinga w’abari bari inyuma, wabapfubanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 8 =

Previous Post

Venezuela: Nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida yongeye gutorwa ubu byadogereye

Next Post

BREAKING: Hamenyekanye bimwe mu byemerejwe mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026
IMYIDAGADURO

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hamenyekanye bimwe mu byemerejwe mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo

BREAKING: Hamenyekanye bimwe mu byemerejwe mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.