Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yongeye kugenera ubutumwa ibinyamakuru byijandika mu gushaka guhindanya u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yongeye kugenera ubutumwa ibinyamakuru byijandika mu gushaka guhindanya u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kubwira ibinyamakuru bishyira hanze inkuru ziba zigamije kwanduza isura nziza y’u Rwanda, ko ntacyo bizageraho, abimenyesha ko byabigerageje kuva cyera ariko imigambi yabyo yagiye ipfuba, asaba abantu kujya babitera umugongo bakikomereza inzira nziza barimo.

Ni nyuma y’uko ikinyamakuru ESPN kiri mu bikomeye bikora inkuru zijyanye na siporo, gishyize hanze inkuru ndende kinenga imikoranire y’ubuyobozi bwa Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za America, NBA bwagiranye n’u Rwanda mu irushanwa nyafurika rya BAL.

Iyi nkuru ndende ya ESPN igaruka ku bikorwa bya siporo mu Rwanda, igenda inavangamo ibindi iki kinyamakuru kivuga ko kinenga bijyanye ngo no kuba u Rwanda rurenga ku burenganzira bwa muntu, kigakoresha imvugo inyuranye n’ukuri kivuga ko aya masezerano ya NBA yayagiranye ‘n’Umunyagitugu wo muri Afurika’.

Ikinyamakuru RADIOTV10 giherutse gushyira hanze inyandiko, gishyira umucyo kuri ibi binyoma byatangajwe na ESPN, aho cyagaragaje ko ibyatangajwe n’iki kinyamakuru cy’Abanyamerika, bihabanye n’ukuri, ndetse bikaba biri mu murongo w’abiyemeje guharabika u Rwanda, kubera intambwe ishimishije rukomeje gutera.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, na we mu nyandiko yatambukije mu kinyamakuru The New Times, anenga iyi nkuru iyobya ya ESPN, aho yagaragaje ko ntakindi igamije, ahubwo ari ugushaka “gusubiza inyuma ibyishimo byacu bakoresheje gutera hejuru kwabo mu binyoma.”

Agaruka kuri uku kunenga imikoranire ya NBA n’u Rwanda, Yolande Makolo, yagize ati “NBA na BAL bakwiye gukomerwa amashyi ku bwo kwanga kuyobywa n’abashaka ko Abanyafurika baheezwa ku meza yo hejuru ya siporo. Iyi miryango yarebye kure mu kugira uruhare mu guteza imbere imikino mu buryo bw’ubukungu n’imibereho myiza mu Rwanda ndetse no muri Afurika.”

Makolo kandi yakomeje agaragaza ibyo Komiseri Wungirije wa NBA, yabwiye kiriya kinyamakuru cya ESPN, ati “Ibiganiro twagiranye na Paul Kagame bose byaganishaga ku kuzamura imibereho y’Abanyarwanda…Ni gute twakwinjiza abantu, ni gute twabera urugero rwiza abantu binyuze muri basketball mu rwego rwo gutuma imibereho y’Abanyarwanda ikomeza kuba myiza kurushaho.”

Makolo yaboneyeho gushima NBA, avuga ko “ni bamwe mu bigo bikomeye bya siporo byaje kureba ko hari indi Si irenze Uburengerazuba.”

Perezida Paul Kagame watanze igitekerezo kuri ubu butumwa n’inkuru byatanzwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, yibukije ko atari rimwe cyangwa kabiri abanenga u Rwanda bakoresheje ibinyoma bazamuye amajwi.

Yagize ati “Ibi byose ni imbaraga zitagize icyo zigeraho. Bakomeje gutsindwa kuva cyera, kandi ni ko bizakomeza kugenda! Mubareke ntimubiteho.”

Uku kunenga u Rwanda kuje nyuma y’uko mu gihe gishize ubwo Abanyarwanda bari mu myiteguro y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, ibinyamakuru binyuranye ku Isi, byiteranyije mu mugambi wo gushyira hanze inkuru z’uruhererekane byise ‘Forbiden Stories’ mu mushinga wa ‘Rwanda Classified’ na wo wari ugamije guhindanya isura y’u Rwanda.

Ni inkuru zari zigamije kurangaza Abanyarwanda n’inshuti zarwo, ariko bazitera umugongo, bikomereza inzira bari barimo, aho abasesenguzi banavuga ko uyu mushinga w’abari bari inyuma, wabapfubanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + seventeen =

Previous Post

Venezuela: Nyuma y’uko hatangajwe ko Perezida yongeye gutorwa ubu byadogereye

Next Post

BREAKING: Hamenyekanye bimwe mu byemerejwe mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hamenyekanye bimwe mu byemerejwe mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo

BREAKING: Hamenyekanye bimwe mu byemerejwe mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.