• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rutsiro: Imyaka ibaye 15 bari mu maganya nyamara bari babanje kubyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko mu myaka 15 ishize bubakiwe ivomero ryagombaga kubaha amazi meza, ariko ko ritamaze kabiri kuko ryahise ripfa, none basubiye ku mazi yo mu bishanga.

Ni ikibazo kivugwa n’abaturage bo mu Midugudu y’Akagari ka Rukaragata irimo uwa Kagondero na Gahunga, bavuga ko bamaze imyaka igera muri 15 robine bari bubakiwe zigize ikibazo ku buryo zitakirangwamo amazi.

Nyirabasabose Jeannette ati “Tuvoma hano hasi kandi robine hano hepfo irahari n’indi muhiseho hano haruguru ariko nta mazi zigira.”

Aba baturage bavuga ko badahwema kugeza iki kibazo ku nzego z’ubuyobozi, ariko ko ntacyo zigikoraho, ahubwo ubu bakaba barasubiye ku mazi mabi y’ibishanga.

Nyiranshuti Beatrice ati “N’abayobozi turabibabwira bakabisaba inzego zo hejuru, Gahunga na Tagaza dukeneye robine, twasaba ubufasha bwo hejuru bukadufasha maze bukadukorera byibura isoko neza kugira ngo imvura nigwa, tureke kuvoma ibiziba.”

Ni mu gihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo, Mudahemuka Christophe avuga ko iki kibazo ari bwo akicyumva

Ati “Icyo kibazo nta muntu wakitugejejeho, ariko turakimenye tugiye kugikurikirana, ariko abaturage bakwiye kubona amazi.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, WASAC mu Karere ka Rutsiro, Emmanuel Mudacumura we avuga ko habayeho ikibazo cy’umuyoboro wagaburiraga amazi izi robine.

Ati “Hashize igihe kitari gito uwo muyoboro wubatswe maze bakoresha ibikoresho bidafite ubuziranenge, noneho uko bashyizemo amazi bigaturika, aho WASAC tuhagereye rero hari imiyoboro igera kuri 14 na wo urimo twatangije igikorwa cyo kuyisana.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko uwo muyoboro wagezaga amazi meza ku baturage bo mu Kagari Rukaragata mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro nyuma ukaza kwangirika ngo ufite uburebure bwa kilometero imwe ariko ukazasanwa hamwe n’indi yose yo muri Rutsiro igera kuri 14.

Robine bari bubakiwe zimaze imyaka 15 zitazi uko amazi asa
Ubu baravoma ibiziba
Bavuga ko bibabaje

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 7 =

Previous Post

Menya ubumenyi Abasirikare b’u Rwanda bakuye mu myitozo ihambaye bamazemo amezi 6

Next Post

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.