Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma ya ‘Rayon Day’ indi kipe yo mu Rwanda igiye gukora umunsi w’ibirori byayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’impaka zari zazamuwe n’icyemezo cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) cyo gusubika umukino wa gicuti wari guhuza Mukura VS na Rayon Sports, ariko iyi kipe igakomeza kuvuga ko uzaba, ubu byemejwe ko uyu mukino utakibaye.

Ikipe ya Mukura yari yateguye uyu mukino wa gicuti wagombaga kuzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024, ku isaaha ya saa cyenda z’amanywa i Huye, aho iyi kipe yari yateguye umunsi wayo ‘Mukura Day’.

Ni umunsi umwe ndetse n’amasaha amwe n’umukino w’Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda kizwi nka Super Cup uzahuza APR FC na Police FC uzabera kuri Kigali Pele Stadium.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 05 Kanama 2024, ubwo Mukura yatangazaga iby’uyu mukino, ni na bwo FERWAFA yamenyesheje ubuyobozi bw’iyi kipe ko uyu mukino udashobora kuzaba kuko wari kuzabera rimwe n’uyu wa Super Cup.

Ikipe ya Mukura yari yakomeje kugaragaza ko iki cyemezo itakishimiye ndetse ivuga ko uyu mukino ugomba kuzaba, inagaragaza impamvu ishingiraho zirimo kuba nta tegeko wishe, kandi ngo yarakoresheje amafaranga menshi (Miliyoni 15 Frw) mu kuwutegura, ndetse ko ubwo hakinwaga Super Cup umwaka ushize, na bwo hari undi mukino wa gicuti byabereye rimwe.

Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2024, ubuyobozi bwa Mukura bwashyize hanze itangazo ryo kwisegura, buvugamo ko “Bitewe n’impamvu zitaduturutseho, tubabajwe no kubamenyesha ko igikorwa cya Mukura Season Launch gisubitswe.”

Iyi kipe ya Mukura yasoje mu butumwa bwayo isaba abakunzi bayo gukomeza kuyiba hafi no kuyishyigikira kugira ngo izatangire shampiyona ihagaze neza, ndetse no kuzaza kuyishyigikira mu mukino wa mbere wayo izahuramo na Gasogi United uzaba tariki 15 Kanama 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Next Post

Dore uburyo bworoshye wakoresha ugaca ukubiri n’ibiheri byo mu maso bijya bitera bamwe ipfunwe

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uburyo bworoshye wakoresha ugaca ukubiri n’ibiheri byo mu maso bijya bitera bamwe ipfunwe

Dore uburyo bworoshye wakoresha ugaca ukubiri n’ibiheri byo mu maso bijya bitera bamwe ipfunwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.