Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru agezweho ku mukino wari wazamuye impaka mu Rwanda rwari rwabuze gica

radiotv10by radiotv10
08/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Nyuma ya ‘Rayon Day’ indi kipe yo mu Rwanda igiye gukora umunsi w’ibirori byayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’impaka zari zazamuwe n’icyemezo cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) cyo gusubika umukino wa gicuti wari guhuza Mukura VS na Rayon Sports, ariko iyi kipe igakomeza kuvuga ko uzaba, ubu byemejwe ko uyu mukino utakibaye.

Ikipe ya Mukura yari yateguye uyu mukino wa gicuti wagombaga kuzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kanama 2024, ku isaaha ya saa cyenda z’amanywa i Huye, aho iyi kipe yari yateguye umunsi wayo ‘Mukura Day’.

Ni umunsi umwe ndetse n’amasaha amwe n’umukino w’Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda kizwi nka Super Cup uzahuza APR FC na Police FC uzabera kuri Kigali Pele Stadium.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 05 Kanama 2024, ubwo Mukura yatangazaga iby’uyu mukino, ni na bwo FERWAFA yamenyesheje ubuyobozi bw’iyi kipe ko uyu mukino udashobora kuzaba kuko wari kuzabera rimwe n’uyu wa Super Cup.

Ikipe ya Mukura yari yakomeje kugaragaza ko iki cyemezo itakishimiye ndetse ivuga ko uyu mukino ugomba kuzaba, inagaragaza impamvu ishingiraho zirimo kuba nta tegeko wishe, kandi ngo yarakoresheje amafaranga menshi (Miliyoni 15 Frw) mu kuwutegura, ndetse ko ubwo hakinwaga Super Cup umwaka ushize, na bwo hari undi mukino wa gicuti byabereye rimwe.

Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2024, ubuyobozi bwa Mukura bwashyize hanze itangazo ryo kwisegura, buvugamo ko “Bitewe n’impamvu zitaduturutseho, tubabajwe no kubamenyesha ko igikorwa cya Mukura Season Launch gisubitswe.”

Iyi kipe ya Mukura yasoje mu butumwa bwayo isaba abakunzi bayo gukomeza kuyiba hafi no kuyishyigikira kugira ngo izatangire shampiyona ihagaze neza, ndetse no kuzaza kuyishyigikira mu mukino wa mbere wayo izahuramo na Gasogi United uzaba tariki 15 Kanama 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Ibyo umukinnyi w’umukobwa yakoreye umukunzi we muri ‘Olympic Games’ niyo nkuru igezweho muri iyi mikino

Next Post

Dore uburyo bworoshye wakoresha ugaca ukubiri n’ibiheri byo mu maso bijya bitera bamwe ipfunwe

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore uburyo bworoshye wakoresha ugaca ukubiri n’ibiheri byo mu maso bijya bitera bamwe ipfunwe

Dore uburyo bworoshye wakoresha ugaca ukubiri n’ibiheri byo mu maso bijya bitera bamwe ipfunwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.