• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro by’iminsi ibiri byahuje abahagarariye inzego z’iperereza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo gusenya burundu umutwe wa FDLR.

Iyi nama yahuje impuguke mu iperereza hagati y’ibi Bihugu byombi, yatangiye hirya y’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 07 isozwa kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama 2024, aho yaberaga i Luanda muri Angola.

Iyi nama yigagara ku kibazo cy’umutekano kiri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafunguwe n’ijambo rya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Ambasaderi Téte António.

Téte António yagarutse ku kamaro ko kuba izi nzego z’iperereza zahuye mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cyo kurandura umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ndetse no kwambura intwaro indi mitwe iri mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama yaje ikurikira iya kabiri y’Abaminisitiri yabaye tariki 30 Nyakanga 2024 na yo yabereye i Luanda, aho yari yemerejwemo ko impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zigomba guhagarika imirwano kuva tariki 04 Kanama 2024.

Mu ijambo rye ubwo yatangizaga inama y’abakuriye Iperereza, Minisitiri Téte António yashimiye impande zombi kuba zikomeje kugaragaza ubushake mu gushaka umuti wazana amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa DRC.

Izi nzobere mu iperereza z’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) zahawe inshingano zo gukurikirana no gushyira mu bikorwa imyanzuro yafatiwe mu nama yahuje ba Minisitiri, by’umwihariko gusenya burundu umutwe wa FDLR no kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro iri mu makimbirane.

Iyi nama yabaye mu gihe icyemezo cyo guhagarika imirwano cyarenzweho, aho bishinjwa umutwe wa M23 uherutse gufata umujyi wa Ishasha uri ku mupaka uhuza DRC na Uganda.

Intego nyamkuru yo guhura kw’aba bahagarariye iperereza ry’Ibihugu byombi, ni ukurandura umutwe wa FDLR nk’uko byemejwe n’umuhuza ari we Angola ubona ko ari yo ntambwe ya mbere yo gushaka umuti.

Izi mpuguke zasabwe ko kugeza tariki 15 Kanama 2024 ubwo hazaba indi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri, zazaba zaragaragaje uko ibi byemezo byashyirwa mu bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − seven =

Previous Post

Bimwe mu bigwi by’uzwi muri ruhago witabye Imana habura gato ngo agire isabukuru y’amavuko

Next Post

Congo: Ibihano biremereye byasabiwe abagabye igitero ku rugo rw’uwabaye Perezida

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Congo: Ibihano biremereye byasabiwe abagabye igitero ku rugo rw’uwabaye Perezida

Congo: Ibihano biremereye byasabiwe abagabye igitero ku rugo rw’uwabaye Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.