Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Arsenal yatangiye gutekereza uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umunyezamu rishobora kuvuka
Share on FacebookShare on Twitter

Arsenal iherutse gutiza ikipe ya Real Valladolid Umunyezamu Karl Hein, wari Umunyezamu wayo wa gatatu, irifuza kuzana Joan Garcia, Umunyezamu ukinira Espanyol, nyuma yuko yatangiye kwikanga ko n’umunyezamu wa kabiri yayivamo.

Kwifuza kugura uyu munezamu w’Umunya-Espagne ukinira ikipe ya Espanyol iri muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Espagne, La Liga, bibaye nyuma y’uko iyi kipe ya Arsenal ishobora kwisanga itakaje Umunyezamu wayo wa kabiri, Umwongereza Aaron Ramsdale, ukomeje kwifuzwa cyane n’ikipe ya Ajax Amsterdam, yo mu Buholandi.

Ubusanzwe Umunyezamu wa Arsenal wa mbere ni David Raya, Umunya-Espagne wayigezemo ibanje kumutira mu ikipe ya Brentford muri Kanama umwaka ushize wa 2023.

Icyo gihe bari bamutanzeho miliyoni 3 Pounds, ariko bumvikana ko Arsenal igomba kumugura nyuma y’umwaka w’imikino wa 2023-2024, yongeyeho izindi miliyoni 27 Pounds, ari na ko byaje kugenda koko ku ya 04 Nyakanga 2024, bityo David Raya ayisinyamo amasezerano y’igihe kirekire.

Ibi ni byo biri gutuma Aaron Ramsdale, nk’umunyezamu wayo wa kabiri, abona ko bigoye kubona umwanya mu izamu ry’ikipe ya Arsenal, bityo akaba ashaka kurisohokamo, aho Ajax Amsterdam iri kumwifuza, dore ko iyi kipe yo mu Buholandi yamugeretse amafaranga, ariko Arsenal ikayatera utwatsi.

Gusa, ngo iyi kipe yo mu Buholandi yiteguye kumugereka andi mafaranga, ikareba ko yamuvana muri Arsenal, nk’uko Umunyamakuru wa The Athletic witwa David Ornstein abitangaza.

Uyu munyezamu wa Arsenal, Aaron Ramsdale, si Ajax Amsterdam yonyine imwifuza, kuko hari n’andi makipe yo muri Shampiyona y’u Bwongereza, amushaka, arimo Southampton na Newcastle United.

Ibi biri gutuma Arsenal ijya ku gitutu cyo gushaka undi munyezamu ushobora gusimbura Aaron Ramsdale mu gihe yaba agiye, aho ubu bivugwa ko yifuza kuzana Joan Garcia w’imyaka 23, utarakinira indi kipe n’imwe uretse Espanyol.

Kugeza ubu Ikipe ya Arsenal imaze kurekura umukinnyi umwe gusa wo mu ikipe nkuru, Emile Smith Rowe, werekeje muri Fulham atanzweho asaga miliyoni 34 Pounds, niramuka izanye Joan Garcia, araba abaye umukinnyi wa 2 baguze muri iri soko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi, nyuma y’Umutaliyani Riccardo Calafiori basinyishije bamukuye muri Bologna kuri miliyoni zisaga 45 z’Ama-Euros.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Gen.Muhoozi nyuma yo kuva mu Rwanda yageneye ubutumwa Perezida Kagame na Gen.Muganga

Next Post

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w'Abadepite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.