• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’uko Abanyarwanda bavuye mu bikorwa by’Amatora, ubu hakurikiyeho igihe cyo gukora, kandi ko imyaka itanu iri imbere izarangwa no kugabanya ibibazo byajyaga bibazitira mu rugendo rw’iterambere. Ati “Ntabwo yaba itanu y’ubusa cyangwa itanu yongera ibibazo.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2024 ubwo yakiraga Indahiro za Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ndetse n’Abadepite 80 binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko.

Perezida Paul Kagame yatangiye ashimira Abanyarwanda uko bitwaye mu bikorwa bamazemo iminsi birimo amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’Abadepite barahiye uyu munsi, by’umwihariko n’igikorwa cyo kurahira kwa Perezida cyabaye ku Cyumweru tariki 11 cyitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye baturutse mu Bihugu binyuranye.

Perezida Kagame yavuze ko ubwo ibi bikorwa bishyizwe ku ruhande, hagiye gukurikiraho akazi ko gushyira mu bikorwa ishingangano bahawe n’Abanyarwanda.

Ati “Ni akazi tugomba gukorera Igihugu cyacu, akazi bamwe batorerwa n’Abanyarwanda, abandi bashyirwaho mu bundi buryo ariko byose ari ugukorera Abanyarwanda, ako kazi rero tugomba kugakora tukakanoza uko bishoboka.”

Avuga ko nubwo ntabyera ngo de, ariko ko n’ibibazo bishobora kuvuka, abantu baba bakwiye kujya babishakira umuti bakabikura mu nzira kugira ngo bitagira ingaruka ku nshingano zabo zo gukorera Abanyarwanda.

Ati “Ariko nabyo ntibivuze ko twahorana uwo muco w’ibidakorwa neza abantu bagomba gusubira inyuma bagatungunya, mu buzimanusanzwe nibyo hari ibigomba guhora bishyira mu bikorwa ariko ibikorea neza ku bigomba gushyira mu bikorwa ubwo hari ikibazo abantu baba bagomba gukemura.”

Perezida Kagame yavuze ko abantu batagomba kujya mu myanya batekereza inyungu zabo ku giti cyabo, ahubwo ko bakwiye kujyaho batekereza inyungu z’abaturage.

Ati “Natwe nk’abantu bigomba kutugeraho, ariko abo tugomba kubanza gutekereza ni Abanyarwanda ni Abaturarwanda. Akenshi bisa nk’aho ari umuco utajya uranduka burundu ikintu cy’imyanya, ndetse mu ndimi z’amahanga bakitwa VIP, VIP ugahitana umuntu ngo uri VIP? Ibintu byose amikoro macye y’Igihugu akabanza gukemura ibibazo bya VIP.”

Yavuze ibintu nk’ibi by’abayobozi biremereza bikwiye gucika, kuko bigira ingaruka ku baturage, bagenda bahutazwa n’abo bayobozi biremereza.

Ati “Rwose uwo ni umuco mubi, ni umuco tuganiriye kenshi ko ugomba guhagarara ariko ndabisubiramo n’uyu munsi ko ugomba guhagarara.”

Perezida yavuze ko n’iyo umuntu yaba afite uko kwiremereza kwe ari yo kamere, yashyira imbere inshingano ze zo gukorera Abanyarwanda.

 

Ikibazo cy’abahinzi b’umuceri baguye mu gihombo

Nanone kandi yagarutse ku bibazo bidakemurwa, ndetse n’abashinzwe kubikemura bakaba batanabizi, yewe n’ababizi bakaba bataragize icyo bakora, ariko ko aba baba babizi ntibagire icyo bakora ari bo bakora nabi.

Ikindi, ni ukuba abantu batatora umuco wo gukorana, kandi bizwi ko gukorana ari byo bitanga umusaruro, kuko inshingano z’abantu ziba zifite ibyo zihuriyeho.

Ati “Nta muntu kamara wakora ibintu wenyine ngo byuzuze za nshingano nahereyeho mvuga, ni yo mpamvu tugomba kuzuzanya tugakorana, tugomba no kwibukiranya.”

Ikindi n’ababonye ibintu bipfa, bakwiye kujya batinyuka bakabivuga kuko iyo babihishiriye bigenda bikura bikagira ingaruka ziremereye kurushaho.

Izindi ngeso mbi, nka Ruswa, ikimenyane n’ikenewabo, ibi buri wese akwiye kutabyihanganira, akabirwanya mu nshingano zose yaba afite.

Perezida Kagame yavuze ko ibi byose byo kurwanywa, ari urugamba u Rwanda rumazemo imyaka 30, ariko ko bigikomeza kugenda bigaruka, ku buryo no muri iyi manda y’imyaka itanu bitazihanganirwa.

Ati “Ntabwo yaba itanu y’ubusa cyangwa itanu yongera ibibazo, ni itanu yo kugabanya ibibazo biriho.”

Yakomeje agira ati “Numva mfite umuzigo mba nikoreye wo kubabwira ntya twamara kuva hano bya bindi twumvikanaho tunenga, bikongera bigasubiramo bikaba nk’aho ntacyabaye. Ntabwo bikwiye.”

Yavuze kandi ko uwo byagaragayeho bikwiye kumugiraho ingaruka, yaba ari uwabikoze ababihishira ndetse n’uwo ari we wese ku rwego rwose yaba ariho. Ati “Yewe nakwifuza ko byangiraho ingaruka nanjye mwahaye izi nshingano nanjye niba nabibona nkabirebera uko byabaye.”

Yavuze ko hakwiye kurebwa aho bipfira, atanga urugero rw’uko ejo yariho ashaka amakuru, akabona abantu b’i Rusizi bariho batabaza ko bahinze umuceri wabo wabuze isoko.

Ku rubuga rwa RADIOTV10 haherutse gutambuka inkuru y’ikibazo cy’abahinzi b’umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama babuze isoko ry’umusaruro wabo waheze ku mbuga, aho bavuga ko iki kibazo cyabaciye intege ku buryo bumva batazongera guhinga iki gihingwa.

Yavuze ko yahamagaye abayobozi batandukanye barebwa n’iki kibazo barimo Minisitiri w’Ubucuruzi, bakamubwira ko iki kibazo bakizi ariko ntacyo bagikozeho.

Ati “Batabaza ko bahinze umuceri bareza ariko bigeze aho uwo muceri amatoni n’amatoni arababorana kuko ntafite abayagura, murabizi mwari mwabyumva, erega njye ubwo namaze kubibona.”

Yakomeje agira ati “Ngiye gusanga nsanga uwari Minisitiri w’Ubunzi, uwari Minisitiri w’Ubucuruzi arabizi, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu ngira ngo byari biri aho, arabizi ntabizi biri aho hagati.”

Yavuze ko ikibabaje ari uko aba baturage baba bakoresheje imbaraga zabo kandi ari na byo baba batojwe n’ubuyobozi, ku buryo iyo bigenze gutya bishobora guca intege abaturage nk’aba.

Ati “Ni nko kuvuga ngo ariko ubundi muzagaruka kutubwira guhinga umuceri cyangwa muzagaruka mutubwira guhinga? ibyo wababwiye barabikoze bikabaviramo ikibazo?”

Yavuze ko rimwe na rimwe ibi biba bishingiye kuri ya myitwarire ya bamwe mu bayobozi biremereza ntibakurikirane ibibazo nk’ibi bitera igihombo abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − six =

Previous Post

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

Next Post

Perezida Kagame yatanze umucyo birambuye ku by’insengero byazamuye impaka anavuga ku matorero y’inzaduka

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame yatanze umucyo birambuye ku by’insengero byazamuye impaka anavuga ku matorero y’inzaduka

Perezida Kagame yatanze umucyo birambuye ku by’insengero byazamuye impaka anavuga ku matorero y'inzaduka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.