Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntabwo imyaka itanu yaba iy’ubusa- Perezida Kagame yizeje Abanyarwanda ko ibibazo byabazitiraga bizagabanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyuma y’uko Abanyarwanda bavuye mu bikorwa by’Amatora, ubu hakurikiyeho igihe cyo gukora, kandi ko imyaka itanu iri imbere izarangwa no kugabanya ibibazo byajyaga bibazitira mu rugendo rw’iterambere. Ati “Ntabwo yaba itanu y’ubusa cyangwa itanu yongera ibibazo.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2024 ubwo yakiraga Indahiro za Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ndetse n’Abadepite 80 binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko.

Perezida Paul Kagame yatangiye ashimira Abanyarwanda uko bitwaye mu bikorwa bamazemo iminsi birimo amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’Abadepite barahiye uyu munsi, by’umwihariko n’igikorwa cyo kurahira kwa Perezida cyabaye ku Cyumweru tariki 11 cyitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye baturutse mu Bihugu binyuranye.

Perezida Kagame yavuze ko ubwo ibi bikorwa bishyizwe ku ruhande, hagiye gukurikiraho akazi ko gushyira mu bikorwa ishingangano bahawe n’Abanyarwanda.

Ati “Ni akazi tugomba gukorera Igihugu cyacu, akazi bamwe batorerwa n’Abanyarwanda, abandi bashyirwaho mu bundi buryo ariko byose ari ugukorera Abanyarwanda, ako kazi rero tugomba kugakora tukakanoza uko bishoboka.”

Avuga ko nubwo ntabyera ngo de, ariko ko n’ibibazo bishobora kuvuka, abantu baba bakwiye kujya babishakira umuti bakabikura mu nzira kugira ngo bitagira ingaruka ku nshingano zabo zo gukorera Abanyarwanda.

Ati “Ariko nabyo ntibivuze ko twahorana uwo muco w’ibidakorwa neza abantu bagomba gusubira inyuma bagatungunya, mu buzimanusanzwe nibyo hari ibigomba guhora bishyira mu bikorwa ariko ibikorea neza ku bigomba gushyira mu bikorwa ubwo hari ikibazo abantu baba bagomba gukemura.”

Perezida Kagame yavuze ko abantu batagomba kujya mu myanya batekereza inyungu zabo ku giti cyabo, ahubwo ko bakwiye kujyaho batekereza inyungu z’abaturage.

Ati “Natwe nk’abantu bigomba kutugeraho, ariko abo tugomba kubanza gutekereza ni Abanyarwanda ni Abaturarwanda. Akenshi bisa nk’aho ari umuco utajya uranduka burundu ikintu cy’imyanya, ndetse mu ndimi z’amahanga bakitwa VIP, VIP ugahitana umuntu ngo uri VIP? Ibintu byose amikoro macye y’Igihugu akabanza gukemura ibibazo bya VIP.”

Yavuze ibintu nk’ibi by’abayobozi biremereza bikwiye gucika, kuko bigira ingaruka ku baturage, bagenda bahutazwa n’abo bayobozi biremereza.

Ati “Rwose uwo ni umuco mubi, ni umuco tuganiriye kenshi ko ugomba guhagarara ariko ndabisubiramo n’uyu munsi ko ugomba guhagarara.”

Perezida yavuze ko n’iyo umuntu yaba afite uko kwiremereza kwe ari yo kamere, yashyira imbere inshingano ze zo gukorera Abanyarwanda.

 

Ikibazo cy’abahinzi b’umuceri baguye mu gihombo

Nanone kandi yagarutse ku bibazo bidakemurwa, ndetse n’abashinzwe kubikemura bakaba batanabizi, yewe n’ababizi bakaba bataragize icyo bakora, ariko ko aba baba babizi ntibagire icyo bakora ari bo bakora nabi.

Ikindi, ni ukuba abantu batatora umuco wo gukorana, kandi bizwi ko gukorana ari byo bitanga umusaruro, kuko inshingano z’abantu ziba zifite ibyo zihuriyeho.

Ati “Nta muntu kamara wakora ibintu wenyine ngo byuzuze za nshingano nahereyeho mvuga, ni yo mpamvu tugomba kuzuzanya tugakorana, tugomba no kwibukiranya.”

Ikindi n’ababonye ibintu bipfa, bakwiye kujya batinyuka bakabivuga kuko iyo babihishiriye bigenda bikura bikagira ingaruka ziremereye kurushaho.

Izindi ngeso mbi, nka Ruswa, ikimenyane n’ikenewabo, ibi buri wese akwiye kutabyihanganira, akabirwanya mu nshingano zose yaba afite.

Perezida Kagame yavuze ko ibi byose byo kurwanywa, ari urugamba u Rwanda rumazemo imyaka 30, ariko ko bigikomeza kugenda bigaruka, ku buryo no muri iyi manda y’imyaka itanu bitazihanganirwa.

Ati “Ntabwo yaba itanu y’ubusa cyangwa itanu yongera ibibazo, ni itanu yo kugabanya ibibazo biriho.”

Yakomeje agira ati “Numva mfite umuzigo mba nikoreye wo kubabwira ntya twamara kuva hano bya bindi twumvikanaho tunenga, bikongera bigasubiramo bikaba nk’aho ntacyabaye. Ntabwo bikwiye.”

Yavuze kandi ko uwo byagaragayeho bikwiye kumugiraho ingaruka, yaba ari uwabikoze ababihishira ndetse n’uwo ari we wese ku rwego rwose yaba ariho. Ati “Yewe nakwifuza ko byangiraho ingaruka nanjye mwahaye izi nshingano nanjye niba nabibona nkabirebera uko byabaye.”

Yavuze ko hakwiye kurebwa aho bipfira, atanga urugero rw’uko ejo yariho ashaka amakuru, akabona abantu b’i Rusizi bariho batabaza ko bahinze umuceri wabo wabuze isoko.

Ku rubuga rwa RADIOTV10 haherutse gutambuka inkuru y’ikibazo cy’abahinzi b’umuceri bo mu Kibaya cya Bugarama babuze isoko ry’umusaruro wabo waheze ku mbuga, aho bavuga ko iki kibazo cyabaciye intege ku buryo bumva batazongera guhinga iki gihingwa.

Yavuze ko yahamagaye abayobozi batandukanye barebwa n’iki kibazo barimo Minisitiri w’Ubucuruzi, bakamubwira ko iki kibazo bakizi ariko ntacyo bagikozeho.

Ati “Batabaza ko bahinze umuceri bareza ariko bigeze aho uwo muceri amatoni n’amatoni arababorana kuko ntafite abayagura, murabizi mwari mwabyumva, erega njye ubwo namaze kubibona.”

Yakomeje agira ati “Ngiye gusanga nsanga uwari Minisitiri w’Ubunzi, uwari Minisitiri w’Ubucuruzi arabizi, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu ngira ngo byari biri aho, arabizi ntabizi biri aho hagati.”

Yavuze ko ikibabaje ari uko aba baturage baba bakoresheje imbaraga zabo kandi ari na byo baba batojwe n’ubuyobozi, ku buryo iyo bigenze gutya bishobora guca intege abaturage nk’aba.

Ati “Ni nko kuvuga ngo ariko ubundi muzagaruka kutubwira guhinga umuceri cyangwa muzagaruka mutubwira guhinga? ibyo wababwiye barabikoze bikabaviramo ikibazo?”

Yavuze ko rimwe na rimwe ibi biba bishingiye kuri ya myitwarire ya bamwe mu bayobozi biremereza ntibakurikirane ibibazo nk’ibi bitera igihombo abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

BREAKING: Hamenyekanye Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite

Next Post

Perezida Kagame yatanze umucyo birambuye ku by’insengero byazamuye impaka anavuga ku matorero y’inzaduka

Related Posts

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire
MU RWANDA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yatanze umucyo birambuye ku by’insengero byazamuye impaka anavuga ku matorero y’inzaduka

Perezida Kagame yatanze umucyo birambuye ku by’insengero byazamuye impaka anavuga ku matorero y'inzaduka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.