• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyo ibyamamare bivuga ku nkuru yatunguranye mu myidagaduro yo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umuhanzi The Ben n’umunyemari Coach Gael biyunze nyuma y’igihe bivugwa ko hagati yabo harimo inzigo, bamwe mu bafite amazina azwi mu myidagaduro, bagaragaje ko bishimiye iyi nkuru.

Aba bombi byakunze kuvugwa ko badacana uwaka bitewe no kudahuriza hamwe ku mishinga bigeze guhuriraho, kwiyunga kwabo byagaragaye kuri uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2024, ku munsi w’ijyanwa mu Ijuru rya Bikiramariya.

Amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga na The Ben ndetse na Coach Gael, bagaragaje ko bongeye kunga ubumwe, aho muri aya mafoto bari kumwe bari gusangira icyo kunywa, umwe yagize ati “Kwiyunga kw’abavandimwe. Reka dushyire hamwe ubundi tugere kure.”

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro yo mu Rwanda, nk’abanyamakuru, abakinnyi ba film ndetse n’abandi bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga, bagaragaje ko bishimiye uku kwiyunga kwa The Ben n’umunyemari Coach Gael.

Umunyamakuru Ally Soudi yagize ati “Ubu se ikibazo ntigikemutse? Nizere ko ntawe twimye ijambo kandi ntanusigaranye ikibazo! Hari icyifuzo cyangwa igitekerezo wumva watanga mbere yuko mfata noneho umwanzuro wa nyuma na nyuma, akanya ni aka.”

Umunyamakuru David Bayingana, na we yagize ati “Kimwe mu byo twifuzaga muri manda nshya.”

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa Film, Clapton Kibonke, na we yagize ati “Kubunga byangoye ariko byakunze.”

Bivugwa ko umubano wa The Ben na Coach Gael wajemo igitotsi ubwo hakorwaga indirimbo ‘Why’ The Ben yakoranye na Diamond, aho bivugwa ko hajemo kutumvikana ku bijyanye n’uyu mushinga.

Uku kutumvikana kwabo kandi kwazamuye ihangana, ryagiye ryumvikana mu majwi ya bamwe mu bakunzi ba muzika, aho ryatumye hazamo umuhanzi Bruce Melodie usanzwe akorana na Coach Gael, byatumye havuka ibyiswe ‘Team Ben’ na ‘Team Bruce’, aho bamwe bagendaga bagereranya aba bahanzi, bamwe bavuga ko umwe arusha undi.

The Ben na Coach Gael baganira nyuma y’igihe bivugwa ko bafitanye ikibazo

Umunyemari Coach Gael byamunejeje

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi

Next Post

Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

Tshisekedi ararebwa ikijisho kubera ibyakorewe abafunzwe nyuma y’urupfu rw’Umujepe rwatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.