Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Igisobanuro cy’Ubuyobozi ku byo abaturage babazwa bikabasiga mu rujijo

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Igisobanuro cy’Ubuyobozi ku byo abaturage babazwa bikabasiga mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko batungurwa no kubazwa Ibyiciro by’Ubudehe barimo, nyamara bazi ko hashize bitangajwe ko nta serivisi izongera gutangwa hagendewe ku byiciro, ubuyobozi bukavuga ko biterwa n’ikoranabuhanga ricyuye igihe bukoresha.

Twagiramungu Maurice, umuturage uvuga ko ubwo yari agiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye, yabajijwe icyiciro cy’Ubudehe cye, avuga ko yatunguwe n’iki kibazo.

Ati “Iyo tugeze kwa muganga ugiye gutanga irangamuntu yawe barakubaza ngo uri mu cyiciro cya kangahe, ntakndi kintu bagusubiza, ntabwo nsobanukirwa icyo babimaza.”

Bizimana Emmanuel na we yagize ati “Mperutse kwa muganga, ku ifishi yanjye mbona banditseho ko mba mu cyicito cya gatatu kandi bavuga ko ibyiciro byavuyeho.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Nyakabuye, Mukeshimana Didas avuga ko igituma babibazwa ari ukubera ko muri sisitemu bakoresha ikirimo ibyiciro by’ubudehe.

Umuyobozi Wungirje w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie avuga ko ibyiciro by’Ubudehe bitagikoreshwa mu mitangire ya serivisi, ndetse ko mu minsi ya vuba hazatangira gukoreshwa ikoranabuhanga ritazateza urujijo.

Ati “Ibyiciro by’Ubudehe ntabwo bigikoreshwa. Iyo bikoreshwa byashingirwaho mu gutanga serivisi zimwe na zimwe, uribuka ko mbere kugira ngo ubone Girinka byasabaga kuba uri mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri, ariko ubu si ko bimeze. Ubwo rero abo bitera urujisho rwose nibatuze ntawukibikoresha.”

Gusa aba baturage bavuga ko basigarana urujijo iyo babajijwe ibyiciro by’Ubudehe barimo, bavuga ko niba hari n’icyo bikoreshwa, bajya basobanurirwa, kuko babibazwa gusa ariko ntibasobanurirwe impamvu yabyo.

Abavuga iki kibazo ni abivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye
Bavuga ko batumva impamvu babazwa ibyiciro barimo nyamara bazi ko bitakigenderwaho mu guhabwa serivisi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 19 =

Previous Post

Bambutse Intara bagiye gushakisha imibereho none babayeho nk’inzererezi ku mpamvu itarabaturutseho

Next Post

Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.