Friday, July 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuziki w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, wungutse itsinda ry’abana b’abakobwa babiri bavukana, rije ryiyongera ku rindi rizwi rya Vestine na Dorcas, ndetse bamwe bakavuga ko aya matsinda afite byinshi ahuriyeho.

Alicia na Germaine ni abahanzikazi baba mu Karere ka Rubavu bakunzwe ariko ababonye benshi bavuga ko biganye Vestine na Dorcas haba mu miririmbire no mu bindi, mu gihe abandi bavuga ko ari ukwaguka k’umurimo w’Imana.

Mu kiganiro kihariye bagiranye na RADIOTV10, aba bakobwa bavuze ko kuba babwirwa ko bigana Vestine na Dorcas ntacyo bibatwaye, ahubwo ko bibereka ko hari urundi rwego bagezeho.

Germaine yagize ati “Iyo batugereranyije njye mpita ntekereza ko tumaze kugera ku rwego rushimishije cyane, kubera ko kutugeranya n’abantu bageze hariya, ni ibintu by’agaciro ahubwo.”

Naho ku bavuga ko babigana no mu miririmbire, Germaine yagize ati “Ntakibazo, n’ubundi dukora umurimo umwe, nta kuntu tutaririmba ibintu bimwe, kuko byose ni ubutumwa bwiza bushingiye kuri bibiliya.”

Mukuru we Alicia yemeje ko hari abababwira ko no no mu myambarire yo mu mashusho yabo, bambara kimwe na ba Vestine na Dorcas, yagize ati “Icyo navuga twese ni Gospel turimo n’ubundi birasa n’ijambo ry’Imana, ntabwo biduca intege.”

Umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, usanzwe urimo amatsinda agizwe n’abafitanye amasano, uretse aba b’abavandimwe, harimo n’abashakanye, nka Fabrice na Maya, James na Daniella , Papy Clever na Dorcas ndetse na Ben na Chance.

Itsinda rishya muri Muzika ya Gospel Nyarwanda

Iri tsinda rije risanga irya Vestine na Dorcas basanzwe bazwi

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 10 =

Previous Post

Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

Next Post

Bwa mbere irushanwa ry’imikino y’abanyeshuri muri EAC ryafunguwe na Perezida w’Igihugu

Related Posts

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

by radiotv10
21/07/2025
1

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu amashusho ye agaragaza ikimero cye, aho aba yambaye imyenda yenda kugaragaza imyanya y’ibanga nk’umukondo. Ni amashusho...

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

by radiotv10
21/07/2025
0

In the vibrant and fast-paced world of fashion and entertainment, some figures work behind scenes to shape talent, build confidence...

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

by radiotv10
17/07/2025
0

Umunyamakurukazi Umukazana Germaine ukorera Radiyo imwe mu Rwanda, yambitswe impeta y’urukundo na mugenzi we Ruzindana Janvier bakorana, amusaba ko bazashyingiranwa....

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi
MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

by radiotv10
24/07/2025
0

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

24/07/2025
Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

24/07/2025
Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

Rusizi: Uvuga ko amaranye imyaka 16 isasu mu kuguru yasobanuye uko byamugendekeye

24/07/2025
Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

Eng.-Dr. Ngirente thanks President Kagame after 8 years as Prime Minister

24/07/2025
Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

24/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere irushanwa ry’imikino y’abanyeshuri muri EAC ryafunguwe na Perezida w’Igihugu

Bwa mbere irushanwa ry’imikino y’abanyeshuri muri EAC ryafunguwe na Perezida w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.