Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Muri muzika nyarwanda havutse itsinda risa n’irisanzwe riwuzwimo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuziki w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, wungutse itsinda ry’abana b’abakobwa babiri bavukana, rije ryiyongera ku rindi rizwi rya Vestine na Dorcas, ndetse bamwe bakavuga ko aya matsinda afite byinshi ahuriyeho.

Alicia na Germaine ni abahanzikazi baba mu Karere ka Rubavu bakunzwe ariko ababonye benshi bavuga ko biganye Vestine na Dorcas haba mu miririmbire no mu bindi, mu gihe abandi bavuga ko ari ukwaguka k’umurimo w’Imana.

Mu kiganiro kihariye bagiranye na RADIOTV10, aba bakobwa bavuze ko kuba babwirwa ko bigana Vestine na Dorcas ntacyo bibatwaye, ahubwo ko bibereka ko hari urundi rwego bagezeho.

Germaine yagize ati “Iyo batugereranyije njye mpita ntekereza ko tumaze kugera ku rwego rushimishije cyane, kubera ko kutugeranya n’abantu bageze hariya, ni ibintu by’agaciro ahubwo.”

Naho ku bavuga ko babigana no mu miririmbire, Germaine yagize ati “Ntakibazo, n’ubundi dukora umurimo umwe, nta kuntu tutaririmba ibintu bimwe, kuko byose ni ubutumwa bwiza bushingiye kuri bibiliya.”

Mukuru we Alicia yemeje ko hari abababwira ko no no mu myambarire yo mu mashusho yabo, bambara kimwe na ba Vestine na Dorcas, yagize ati “Icyo navuga twese ni Gospel turimo n’ubundi birasa n’ijambo ry’Imana, ntabwo biduca intege.”

Umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, usanzwe urimo amatsinda agizwe n’abafitanye amasano, uretse aba b’abavandimwe, harimo n’abashakanye, nka Fabrice na Maya, James na Daniella , Papy Clever na Dorcas ndetse na Ben na Chance.

Itsinda rishya muri Muzika ya Gospel Nyarwanda

Iri tsinda rije risanga irya Vestine na Dorcas basanzwe bazwi

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Abahinzi bariraga ayo kwarika bagarutsweho na Perezida Kagame ubu bari kumwenyura

Next Post

Bwa mbere irushanwa ry’imikino y’abanyeshuri muri EAC ryafunguwe na Perezida w’Igihugu

Related Posts

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

by radiotv10
07/07/2025
0

Ni ku nshuro ya gatandatu habaye ibi bitaramo by’iserukiramuco rya MTN Iwacu Muzika Festival, bikaba ku nshuro ya gatatu MTN...

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

IZIHERUKA

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo
IMIBEREHO MYIZA

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere irushanwa ry’imikino y’abanyeshuri muri EAC ryafunguwe na Perezida w’Igihugu

Bwa mbere irushanwa ry’imikino y’abanyeshuri muri EAC ryafunguwe na Perezida w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.