• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

SUDAN: Abaturage batari bacye biraye mu mihanda ya Khartoum barigaragambya

radiotv10by radiotv10
28/10/2021
in MU RWANDA
0
Sudan: Abarimo Misitiri w’intebe bafungiwe mu nzu zabo n’abitwaje intwaro
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage babarirwa mu magana baraye bakoze imyigaragambyo mu mihanda y’umurwa mukuru wa Sudan Khartoum, imyigaragambyo yasize benshi bakomeretse bikomeye, abandi bahasiga ubuzima.

Ni imyigaragambyo yakozwe n’abaturage ba Sudan, bamagana Coup d’Etat iherutse guterwa Abdallah Hamdok n’abari bagize guverinoma y’inzibacyuho, coup d’etat yakozwe n’imbaraga za gisirikare.

Kuwa mbere w’iki cyumweru, nibwo igisirikare cyisubije ubutegetsi gihita gifunga Minisitiri w’intebe Abdallah Hamdok n’abo bari bafatanyije kuyobora muri iyi Leta y’inzibacyuho, nyuma y’imyaka ibiri yari ishize abaturage bigaragambirije kweguza Omar al-Bashir wari umaze imyaka 30 ku butegetsi, bakamushinja kubayoboza igitugu.

Coup d’Etat yo kuri uyu wa Mbere, yatumye abaturage birara mu mihanda bayamagana, ibyanaje kuviramo ababarirwa muri 80 gukomereka, ubwo inzego z’umutekano zabarasagaho urufaya rw’amasasu.

Kugeza ubu, yaba minisitiri w’intebe Hamdok, n’abandi bari bafatanyije kuyobora, bafungiye mu nkambi ya Gisirikare aho nta bwinyagamburiro bafite.

Ibi byatumye akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi, gategura ibiganiro by’igitaraganya hagati yako n’abakoze iyi Coup d’Etat.

Inkuru ya Assoumani TWAHIRWA/Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y’Ubutabera

Next Post

Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

Ikipe ya FC Barcelone yirukanye umutoza Ronald Koeman

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.