Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikiganiro mpaka cyahuje abakandida bahanganye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, Visi Perezida Kamala Harris na Donald Trump, cyaranzwe no gushinjanya hagati yabo ko umwe ari umubeshyi, no kuzura bimwe mu byaca intege undi.

Ni ikiganiro cyamaze isaha imwe n’iminota mirongo ine n’itanu, cyatambutse kuri Televiziyo ya ABC News, aho aba banyapolitiki bombi bagarutse ku ngingo zinyuranye zikunze kugarukwaho muri America, nk’ikibazo cy’Abimukira, icy’ubukungu, guhanga imirimo mishya, ndetse n’ingingo irebana no gukuramo inda.

Hagarutswe kandi ku ntambara imaze igihe ihuza Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza, aho Visi Perezida Kamala Harris yavuze ko we na Perezida Joe Biden bari gukoresha imbaraga zishoboka kugira ngo iyi ntambara ihagarare.

Kamala Harris wagaragaye nk’uwari witeguye bihagije iki kiganiro mpaka kubera ibisubizo yatangaga kuri buri kibazo, yabwiye Trump ko abayobozi bo ku Isi, “bamuha urw’amenyo”, ndetse ngo abo mu nzego za Gisirikare bo bamwita “Usuzuguritse.”

Kamala Harris yise Trump kandi “umunyembaraga nke, umunyamakosa”, anavuga kandi ko yasohowe muri White House na miliyoni 81 z’Abanyamerika batora, bamwimye amajwi bakayaha Joe Biden mu matora ya 2020.

Ati “Biragaragara ko yakomeje kugira ibihe bitamwoheye na gato byo kubyakira.”

Trump wabaye nk’ukorwa mu bwonko n’ibi byatangazwaga na Kamala Harris, yabaye nk’uvuga ko ibyo yamuvuzeho byose ari ukuri. Gusa yavuze ko habayeho uburiganya mu matora ya 2020.

Yanavuze ko ubutegetsi bwa Biden na Kamala Harris wari umuhagaze iruhande, bwaranzwe n’imbaraga nke by’umwihariko ku gukumira abimukira binjira muri USA mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse ko babaye benshi, ubu bakaba “bari kurya imbwa n’injangwe” by’Abanyamerika.

Trump kandi yashinje Aba-Democrats ko bashyigikiye gukuramo inda ariko bigakorwa abana bamaze kuvuka, we akavuga ko ari icyaha cy’ubwicanyi kandi ko bibujijwe ahantu hose.

Aba banyapolitiki bombi, bagiye bashinjanya ko umwe ari umubeshyi, ku ngingo buri umwe yazamuraga.

Kamala yatsinze Trump

Mu bitekerezo byagiye bitangwa na bamwe mu basesenguzi n’abanyapolitiki bakurikiranye iki kiganiro, bemeza ko Visi Perezida Kamala Harris yitwaye neza kurusha Trump.

Umusesenguzi wa Fox mu bya Politiki, Brit Hume yavuze ko Kamala Harris “yari yiteguye neza, yasubizaga ibibazo neza bigaragara ko azi icyo agamije.”

Uyu musesenguzi agaruka ku kiganiro Kamala Harris n’uwahawe kuzahatanira umwanya wa Visi Perezida Tim Walz bagiranye na CNN mu kwezi gushize, yavuze ko Visi Perezida “yari umuntu utandukanye muri iri joro.”

Hume kandi avuga ko Kamala Harris yabashije kugenda aca intege Trump ku ngingo zinyuranye zaranze iki kiganiro mpaka. Ati “Yagerageje gutuma aburizwamo kandi abigeraho. Yaje imbere kuri iyi nshuro. Nta kubishidikanyaho.”

Iki kiganiro mpaka kibaye icya kabiri kuri Trump nyuma y’uko yari yagiranye ikindi na Joe Biden wamaze guhagarika gukomeza kwiyamamaza, aho cyo cyarangiye Trump yaje imbere kuri Perezida.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Next Post

BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.