Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye
Share on FacebookShare on Twitter

Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports, Muhire Kevin yageneye ubutumwa Perezida wa wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles (KNC), wahize kubatsinda, amumenyesha ko nubwo bagiye gukina Perezida w’ikipe yabo yareguye ndetse arwaye, ariko biteguye intsinzi bakanayimutura.

Ni umukino umaze igihe ugarukwaho mu isi ya ruhago Nyarwanda, by’umwihariko ku mbuga nkoranyambaga, aho ibyamamare binyuranye biri gutanga ubutumwa birarikira abantu kuzawitabira ngo kuko ari w’ishiraniro.

Uyu mukino uzaba ku wa Gatandatu tariki 21 Nzeri 2024 kuri Sitade Amahoro, ni Gasogi United izaba yawakiriye, ndetse Perezida wayo KNC akaba amaze iminsi ararikira abantu kuzawitabira kuko bazabona umukino wa mbere uzaba uryoshye muri ruhago y’u Rwanda.

KNC kandi anyuzamo agakoresha imvugo zisekeje akavuga ko uko byagenda kose ikipe ye ya Gasogi United izatsinda uyu mukino kuko yiteguye neza, mu gihe Rayon Sports bagiye guhura iri mu bibazo birimo kuba Jean Fidele Uwayezu wari Perezida wayo aherutse kwegura ku mpamvu z’uburwayi.

Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin yasabye abafana b’iyi kipe kuzaza kubashyigikira, kuko na bo biteguye kubashimisha, bagatsinda Gasogi United, bagahinyuza Perezida wayo KNC ukomeje kuvuga ko ikipe ye izabatsinda.

Muhire Kevin avuga ko nubwo umuyobozi wabo aherutse kwegura ndetse akaba arwaye, ariko ko bitakoma mu nkokora imigambi y’iyi kipe.

Yagize ati “Perezida yaragiye, turamwifuriza gukira, gusa ikipe yo ntiyasenyutse, abasigaye tugiye gukotana kugira ngo umukino wa Gasogi United tuzawutsinde tuwumuture.”

Muhire Kevin yakomeje agira ati “Abakunzi turabatumiye muzaze muri benshi turashaka gutsinda umukino tukawukoresha twiyunga ariko nanone tukazabonera umwanya wo kunyomoza amagambo amaze iminsi atangazwa na Perezida wa Gasogi United ko turi abagore ba Gasogi.”

Umukino uhuza Rayon Sports na Gasogi United, usanzwe ubanzirizwa n’amagambo menshi, byumwihariko Perezida wa Gasogi aba avuga ko ikipe ye ari yo ikunze gushobora iyi isanzwe ifite abakunzi benshi mu Rwanda.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 17 =

Previous Post

Rubavu: Ubuyobozi bwihaye umuhigo ku kibazo buvuga ko kigayitse kikigaragara mu baturage bamwe

Next Post

Umuraperi w’ikirangirire ku Isi yatawe muri yombi

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Rwanda’s exports dropped by 12.5%
MU RWANDA

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi w’ikirangirire ku Isi yatawe muri yombi

Umuraperi w’ikirangirire ku Isi yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.