• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Sierra Leone: Hafashwe ingamba zikarishye nyuma yuko igorofa iguye igahitana benshi

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in AMAHANGA
0
Sierra Leone: Hafashwe ingamba zikarishye nyuma yuko igorofa iguye igahitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Sierra Leone yashyizemo amabwiriza mashya agenga imyubakire muri iki Gihugu nyuma yuko inzu y’igorofa ihirimye i Freetown, igahitana abagera kuri 15.

Iyi gorofa yaguye ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 16 Nzeri 2024, yasize abantu barenga 10 bagwiriwe n’ibikuta, ndetse kuri uyu wa Kane, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imicungire y’Ibiza ‘National Disaster Management Agency’ muri Sierra Leone, kikaba cyaratangaje ko umubare w’abahitanywe n’iyi mpanuka wazamutse ukagera kuri 15.

Minisiteri ishinzwe umurimo muri iki Gihugu, yavuze ko abakora ibikorwa by’ubwubatsi bagiye kujya bagenzurwa bihagije, kandi iyi Minisiteri ikamenya neza ko amabwiriza agenga imyubakire yubahirijwe uko bigomba.

Paul Bockarie ushinzwe ibikorwa muri iyi Minisiteri yagize ati “Twamaze gushyiraho gahunda ijyanye no kugenzura ibikorwa by’ubwubatsi mu gihugu, ndetse turimo turashaka abahanga mu bwubatsi baturutse hanze y’Igihugu bazadufasha mu bijyanye n’amahugurwa azadufasha mu myubakire yacu.”

Ni mu gihe abahanga bavuga ko kuba hari inyubako nyinshi zubatse nta byangombwa zitanakurikije gahunda y’imyubakire muri iki Gihugu, biri mu bikomeza guteza impanuka za hato na hato.

Alusine Bangura uhugukiye iby’ubwubatsi, yagize ati “Ni izi ngaruka zose nyine zibaho iyo hari amabwiriza n’ingamba bigenga imyubakire, ariko ntibyubahirizwe ntihanagenzurwe ishyirwa mu bikorwa ryayo, bikurikirwa n’ibibazo nk’ibi bitwambura abantu twakundaga.”

Yongeyeho ko “Leta yo ubwayo ariy o ifite mu nshingano ubugenzuzi bw’imyubakire mu Gihugu, kandi n’ibigo byubakisha izi nzu bikagenzura ko hakurikiza amabwiriza agenga imyubakire.”

Uretse aba bahanga mu bwubatsi bavuze ko iyi mpanuka yaturutse mu myubakire y’iyi gorofa itari yujuje ubuziranenge, Leta ya Sierra Leone kugeza ubu ntiratangaza mu buryo bweruye icyateye iyi mpanuka.

Abaturage babaga muri iyi nyubako barokotse iyi mpanuka, barasaba ubufasha bwo gushakirwa aho gukinga umusaya no kubona ibyo kurya, ariko kandi bagashimangira ko banakeneye ko Leta ibaba hafi kuko iyi mpanuka yabasigiye ihungabana rikomeye.

Umwe yagize ati “Iyi mpanuka navuga ko ari ikintu kidasanzwe cyatubayeho muri aka gace Shell New Road. Kugeza ubu ntacyo abantu bari kubasha gukora, uretse kuba bicaye bategereje ko babona ababo bahagamye mu binonko by’iyi nzu yabahirimye hejuru, nyuma y’uko ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutabazi kivuze ko kigiye gukora ibishoboka byose ibikorwa by’ubutabazi bikihuta.”

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 19 =

Previous Post

Musenyeri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda yungutse yakiranywe amahoro ya Kristu n’Abakristu be (AMAFOTO)

Next Post

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.