Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko abantu babiri baturutse mu Rwanda batumye Gari ya Moshi ihagarikwa igitaraganya mu Budage

radiotv10by radiotv10
03/10/2024
in AMAHANGA
0
Uko abantu babiri baturutse mu Rwanda batumye Gari ya Moshi ihagarikwa igitaraganya mu Budage
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’ubuzima mu Budage ziri gusuzuma abagenzi babiri bari baturutse mu Rwanda, barimo umunyeshuri bivugwa ko yahuye n’umwe mu barwayi ba Marburg, nyuma yuko baketsweho iyi ndwara, bigatuma Gari ya Moshi barimo ihagarikwa byihuse.

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Ukwakira 2024, aho abantu babiri barimo umugabo n’umukobwa w’umukunzi we bagaragayeho ibimenyetso birimo inkorora ubwo bari muri Gari ya Moshi yavaga i Frankfurt yerecyeza muri Hamburg.

Umwe muri aba bantu babiri, bivugwa ko ari umunyeshuri wageze mu Budage n’indege iturutse mu Rwanda, aho yanahuye n’umuntu wasanganywe icyorezo cya Marburg kimaze icyumweru kigaragaye mu Rwanda.

Ibi byatumye sitasiyo ya Gari ya Moshi barimo iba ihagaritse imirimo by’igihe gito, ari na bwo inzego z’ubuzima zakuragamo abagenzi, ndetse aba babiri bagahita bajyanwa mu Bitaro bya Kaminuza ‘University Hospital Eppendorf’ byo muri Hamburg kugira ngo zikurikirane.

Inzego z’ubuzima mu Budage zatangaje ko abagenzi 200 bari muri iyi Gari ya Moshi, ari bo bamenyekanye, kandi ko hari gukorwa isuzuma kugira ngo hamenyekane niba baba bahuye n’aba bantu babiri.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umurwayi wa Marburg umwe waturutse mu Rwanda, yagiriye urugendo mu Bubiligi, ariko ko kugeza ubu ameze neza, ndetse ko yarangije iminsi 21 y’igihe yagenewe cyo kumara ari mu kato, ku buryo ubu adashobora no kugira abo yanduza.

Iyi ndwara ya Marburg imaze guhitana abantu 11 mu Rwanda, iterwa na Virus na yo yitwa Marburg yagaragaye bwa mbere mu mujyi wa Marburg mu Gihugu cy’Ubudage ahagana mu mwaka wa 1967.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Next Post

Rwamagana: Abagabo batatu n’abagore babiri baguwe gitumo mu gishanga bakora ibitemewe

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Abagabo batatu n’abagore babiri baguwe gitumo mu gishanga bakora ibitemewe

Rwamagana: Abagabo batatu n’abagore babiri baguwe gitumo mu gishanga bakora ibitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.