Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya ari we Kithure Kindiki, nyuma yuko uwari uri kuri izi nshingano, Rigathi Gachagua yegujwe.

Rigathi Gachagua yegujwe n’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abasenateri mu Nteko rusange yateranye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira, aho 2/3 by’abagize Sena batoye icyemezo cyo kumweguza.

Amakuru yatangajwe muri iki gitondo, ni uko Perezida William Ruto yagennye Kithure Kindiki nka Visi Perezida mushya, akaba yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko izina rye.

Biteganyijwe ko abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya, bagomba gutora icyemezo cyo kwemeza Kindiki wagize imyanya inyuranye irimo kuba yarabaye Umusenateri.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Moses Wetang’ula yatangaje ko yakiriye iri shyirwaho rya Visi Perezida mushya.

Yagize ati “Nakiriye ubutumwa bwa Perezida bwo gushyira Professor Kithure Kindiki ku mwanya wa Visi Perezida wa Kenya.”

Itegeko Nshinga rya Kenya riteganya ko iyo Perezida yashyize mu nshingano umuyobozi abimenyesheje Inteko Ishinga Amategeko, abayigize bagomba gutora bemeza cyangwa banga uwashyizweho, ariko ko bikaba bidasabwa ubwiganze bwa 2/3.

Kithure Kindiki washyizweho nka Visi Perezida mushya wa Kenya, namara kwemeza n’Inteko Ishinga Amategeko, azarahirira izi nshingano.

Uyu munyapolitiki usimbuye mugenzi we ushinjwa ibyaha birimo ivangura rishingiye ku bwoko, yagize imyanya inyuranye irimo kuba yari Umunyamabanga wa Leta w’Umutekano w’Imbere yari amazeho imyaka ibiri, aho mbere yabaye Umusenateri muri manda ebyiri z’imyaka 10, aho yari ahagarariye agace k’iwabo ka Tharaka Nithi.

Kithure Kindiki wagizwe Visi Perezida mushya wa Kenya ari kumwe na William Ruto
Rigathi Gachagua yegujwe na Sena atabashije kubanza kwisobanura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 10 =

Previous Post

Hongeye kugaragazwa amasomo izindi ngabo zikwiye kwigira ku z’u Rwanda

Next Post

Ibyo kumenya mbere y’ibirori by’igare Abanya-Kirehe bagiye kongera kwihera ijisho

Related Posts

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

by radiotv10
09/06/2025
0

Mu muhango wo kuzirikana imyaka itanu ishinze Pierre Nkurunziza wabaye Perezida w’u Burundi yitabye Imana, Umukuru w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye,...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

by radiotv10
09/06/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yumvise ko Col. James Kasule yafunzwe n’inzego z’ubutasi, asaba ko...

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

IZIHERUKA

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

by radiotv10
09/06/2025
0

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

Abahanzi Nyarwanda babiri bavuzweho urukundo bagiye guhurira mu bitaramo bitegerezanyijwe amatsiko

09/06/2025
Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo kumenya mbere y’ibirori by’igare Abanya-Kirehe bagiye kongera kwihera ijisho

Ibyo kumenya mbere y’ibirori by’igare Abanya-Kirehe bagiye kongera kwihera ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.