• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
18/11/2021
in Uncategorized
0
Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacuruzi bo mu isoko rishya rya Muhanga, bavuga ko buri kwezi bakwa ibihumbi 30 Frw kuri buri mucuruzi kandi batarigeze bayabwirwa mbere yo gutangira gukorera muri ririya soko.

Aba bacuruzi bavuga ko bagitangira gukorera muri ririya soko, bababwiye ko umuryango umwe ukodeshwa ibihumbi 150 Frw ubundi bakishyira hamwe ngo bajye bakodesha umuryango.

Icyakora ngo nyuma byaje guhinduka kuko nyuma yo gutangira gucuruza, buri mucuruzi yakwa ibihumbi 30 Frw by’ubukode bw’ikibanza ku buryo babona ari uburiganya bakorerwa.

Nk’aho bishyize hamwe ari 12, bavuga ko bagakwiye kuba bishyura 12 500 Frw kuri buri muntu, ariko ngo buri mucuruzi yishyuzwa 30 000 Frw.

Umwe muri bo ati “Turibaza ngo ayo mafaranga ni ay’iki?”

Mugenzi we na we yagize ati “Baraturyamira bagatuma tudatera imbere,kuko ibihumbi 30 ku kwezi ni menshi kandi nta bakiriya tunabona, ese kuki batareka ngo duteranye ibihumbi 150 nk’uko twaje batubwira ko umuryango tugiyemo ari ko ukodeshwa?”

Binjiyemo bababwira ko umuryango umwe kuwukodesha ari 150 000 Frw

Hari undi na we wagize ati “Reba nta kintu dufite kubera ko n’igishoro twakiriye bitewe n’abadukodesha umurengera, rwose ni akarengane tugirirwa.”

Umuobozi w’iri soko wungirije, Gashuti Appolinaire atera utwatsi iby’amakuru y’uko umuryango umwe ukodeshwa ibihumbi 150 Frw akavuga ko ko ariya makuru ashobora kuba yaratanzwe n’abacuruzi bagenzi babo bababeshya kugira ngo bazaze bafatanye.

Ati “Nta muryango w’ibihumbi 150 ukoreramo abantu benshi dufite, dufite uw’ibihumbi 300 kandi nabwo ntituvuga ngo abarimo bayateranye yuzure, kuko hari ahari batatu bane cyangwa batandatu kandi tubasaba ko bishyura ibihumbi 30 buri umwe, kandi urumva ko ibihumbi 300 bitageramo.”

Ubwo iri soko ryari rimaze amezi ane ryuzuye ryajyaga gufungura imiryango, Urwego rw’abikorera rwari rwabwiye itangazamakuru ko icyumba kimwe nibura kizakodeshwa amafaranga ibihumbi 200 Frw ariko abagikoreramo bagafatanya kukishyura ku buryo cyakorerwamo nk’abantu 12, umwe akishyura hagati y’ibihumbi 20frw na 30frw.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Bamporiki yibiye ibanga Miss Ingabire Grace rizatuma acyura ikamba rya Miss World

Next Post

Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.