Burundi: Ndayishimiye yirukanye Minisitiri umaze amezi 6 asimbuye uwirukaniwe kugurisha Indege ya Leta

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Perezida Evariste Ndayishimiye yirukanye Madamu Capitoline Niyonizigiye wari umaze amezi atandatu ari Minisitiri w’Ubucuruzi, inganda, ubwikorezi n’ubukerarugendo mu Burundi wari winjiye muri Guverinoma asimbuye undi wirukanywe azira kugurisha indege ya Leta.

Uyu wahoze muri Guverinoma y’u Burundi, yirukanywe na Perezida Evariste Ndayishimiye ngo kubera ibikorwa binyuranyije n’amategeko birimo ibihindanya isura y’Igihugu.

Izindi Nkuru

Madame Capitoline Niyonizigiye yari yagizwe Minisitiri w’Inganda, ubucuruzi, ubwikorezi n’Ubukerarugendo muri Gicurasi uyu mwaka ubwo yasimburaga Immaculee Ndabaneze wari wirukanywe mu bakozi ba Leta.

Itangazo ry’Ibiro by’umukuru w’Igihugu ritangaza ibyo kwirukana Madame Capitoline Niyonizigiye, rivuga ko yirukaniwe ibikorwa byo mu nyungu bwite ndetse ngo no guhindanya isura y’u Burundi.

Iri tangazo ryasohotse kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, mu gihe abagize Guverinoma ya kiriya Gihugu cy’u Burundi bari mu mwiherero w’Abaminisitiri.

Madame Capitoline Niyonizigiye, muri Gicurasi uyu mwaka wa 2021 yari yasimbuye Immaculée Ndabaneze wirukanywe burundu mu bakozi ba Leta azira kugurisha indege yari isigaye ya Air Burundi atabiherewe uburenganzira n’abamukuriye.

Immaculée Ndabaneze yavugwagaho kugurisha iriya ndege n’ikigo cyo muri Afurika y’Epfo cyari cyaramaze kwishyura avance y’ibihumbi 50 USD.

Ubwo Madamu Capitoline Niyonizigiye yahererekanyaga ububasha n’uwo yari asimbuye

RadioTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru