• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Ubuhamya bw’umaze imyaka 20 yikinisha bukwiye gutuma n’uwabitekerezaga asubiza amerwe mu isaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo uvuga ko amaze imyaka irenga 20 yikinisha, none bikaba byaramunaniye kubicikaho, aravuga ingaruka bikomeje kumukururira zirimo kuba agiye gutandukana n’umugore yashatse amukunze.

Uyu mugabo yo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko yatangiye kwikinisha afite imyaka 16 y’amavuko, none ubu akaba afite 37.

Yabitangiye bigezo yiga mu mashuri yisumbuye, agira ngo yumve icyo bagenzi be babikoraga bamurushije, kuva ubwo bimugira imbata, none n’ubu aracyabikora.

Ati “Ni ibintu natangiye ndi mu mashuri yisumbuye nkabikora buri munsi, nabonye ko ari ikibazo maze gushaka umugore ngejeje imyaka 32 gutera akabariro bikanga ariko we atabizi, bigiye kunsenyera kuko umudamu yambwiye ko agiye gusaba gatanya.”

Uretse kuba bigiye kumusenyera agatandukana n’umugore yashatse amukunze, uyu mugabo avuga ko hari n’izindi ngaruka byamugizeho z’ubuzima.

Ati “Harimo kurwara umutwe udakira, isereri, kurwara umugongo, nk’ubu sinarenza iminota itatu mpagaze.”

Dr. rukundo Arthur, umuganga w’inzobere mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera, avuga ko ababaswe no kwikinisha bishoboka ko bavurwa kandi bagakira, asaba ko bakwihutira kugana abaganga hakiri kare kuko iyo bitinze no kuvurwa bifata igihe.

Ati “Ntabwo umuntu yiganiriza, agomba kuganira n’abandi. Abo bantu usanga bajya gushaka imiti y’umutwe ariko kuko atagura icyateye umutwe ntakira. Bakwiye kubonana n’abantu b’inzobere mu mutwe, hari imiti dushobora kumwandikira tukamuha n’ibiganiro tukamwigisha uko agenda agabanya buhoro buhoro akagera kuri frequence normale.”

Dr. Rukundo avuga ko mu mezi atatu gusa yakiriye abantu 15 afite ikibazo nk’iki cyo kubatwa no kwikinisha, icyakora akavuga ko abagifite ari benshi cyane ugereranyije n’abajya kwa muganga.

Raporo y’ikigo World Metrics, igaragaza ko 80% y’abagabo na 58% y’abagore bigeze kwikinisha mu buzima bwabo.

Abahanga mu buzima bagaragaza ko kwikinisha bigira ingaruka ku babikora zirimo kurwara umutwe uhoraho, kuribwa umugongo ndetse n’ibindi bibazo byo mu mutwe.

INKURU MU MAJWI N’AMASHUSHO

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Anonymous says:
    2 years ago

    Nyamara ni ikibazo gikomeye cyane.
    Niba ushaka umugore ugakomeza ukabikora.

    Njyewe c ubwo nzubaka nanje ko mbikoze 12 years. Gusa nko mu mwaka mbikora nka 50 Times
    Mba numva mbonye umugore ahari byagenda.
    Ni ikibazo gikomeye mu rubyiruko byumwihariko abavukiye mu madini babwirwa ko gusambana Ari icyaha.
    Nanjye Bazi ko ntari umusambanyi NDI umusore witonda.
    Byarakaze.
    Nsenga nsaba Imana kuzampa umugore unyumva

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Amakuru mpamo ku ifoto ya Perezida Kagame yagaragaye i Burundi

Next Post

M23 yongeye kwikoma MONUSCO inahishura amarorerwa yongeye gukorwa na FARDC n’abayifasha

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

M23 yongeye kwikoma MONUSCO inahishura amarorerwa yongeye gukorwa na FARDC n’abayifasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.