Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ruto yagaragarije i Burundi umuti w’ikibazo kigituma ubucuruzi hagati y’Ibihugu bya Afurika bugicumbagira

radiotv10by radiotv10
01/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ruto yagaragarije i Burundi umuti w’ikibazo kigituma ubucuruzi hagati y’Ibihugu bya Afurika bugicumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto wa Kenya, ubwo yari mu nama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu bya COMESA, yavuze ko ubucuruzi no guhahirana mu Bihugu bigize Afurika, bikizitirwa n’umusaruro udahagije, ndetse n’ibikorwa remezo bikiri hasi, agaragaza ibikwiye gukorwa.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024 mu Nama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Isokoro Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), yabereye i Bujumbura mu Burundi.

Muri iyi nama hagaragajwe ko mu myaka 30 ishize uyu Muryango ubayeho; ubucuruzi bw’Ibihugu biwugize buri ku rugero rwa 10%, ndetse hanafatwa ingamba zo gushaka uburyo iki gipimo cyazamuka.

Hagaragajwe kandi ko iri soko rigizwe n’abantu bangana na miliyoni 640, imbumbe y’ubukungu bwaryo ingana na miliyari 1 000 USD. Ariko ubucuruzi bakorana hagati yabo bungana na miliyari 14 USD, Ibyo bikaba bingana na 10% y’ubucuruzi bwose ibi bihugu bikora, nyamara ibyo bohereza hanze y’uyu muryango bifite agaciro ka miliyari 219 USD.

Perezida Zambia, Hakainde Hichilema yagize ati “Buri gihe iyo dutekereje ishoramari riva hanze; ntabwo dutekereza ku baturanyi bacu, duhita twishyiramo Abanyaburayi, Asia na America.

Tugomba gutekereza kuri iki kibazo. Birasanzwe kandi birumvikana neza ko tugomba gutekereza ku baturanyi bacu mbere yo kujya kure. Dufite ubutunzi bwinshi mu Bihugu byacu, ariko ntitububyaza umusaruru uko bikwiye, nyamara inyungu zabyo ku bukungu zirigaragaza ntibisaba kuzisobanura.”

Perezida wa Kenya Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto yavuze ko imikoranire y’Ibihugu byo muri uyu Muryango n’ibyo muri Afurika, igorwa n’ingingo ebyeri z’ingenzi.

Yagize ati “Ikibazo tugira mu bucuruzi hagati y’uyu Muryango wa COMESA ndetse no ku Mugabane wa Afurika muri rusange; ni uko tudafite ibyo ducuruza. Ni ngombwa kubaka ubushobozi bwo kubona umusaruro, tukita cyane ku buhinzi. Ikindi ni ibikorwa remezo; dukeneye kongera ibikorwa remezo by’ingufu bikazigeza mu Bihugu byacu.”

Yakomeje atanga urugero ku Gihugu cye, ati “Nk’ubu muri Kenya dufite ingufu nyinshi ziva ku izuba, n’iziva ku muyaga, ibyo bizatuma izo ngufu zidufasha mu guteza imbere inganda, kongerera agaciro umusaruro w’ibyo dukorera mu Bihugu byacu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Ubukungu muri Afurika (UN ECA), Amb. Claver Gatete yasabye Ibihugu bigize uyu Muryango wa COMEZA gushyira imbere imikoranire n’indi miryango y’ubukungu, kuko byazatuma barushaho gutera imbere.

Yagize ati “Ntawakwirengagiza umusaruro w’ibiganiro byabaye hagati ya COMESA, Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na SADEC bigamije imikoranire. Inyungu zabyo ntizigereranywa ku iterambere ry’Umugabane wa Africa. Iyi miryango itatu yihariye 60% y’umusaruro mbumbe w’Umugabane wa Afurika. Ibihugu bine muri bitanu bikomeye mu bukungu bwa Afurika; ari byo Misiri, Ethiopia, Kenya na Afurika y’Epfo biri muri iyi miryango itatu. Tugomba no kwibuka ko 80% by’ubucuruzi bukorwa muri Afurika; bukorerwa mu Muryango y’Ubukungu bw’Uturere, bityo rero gukorana n’indi miryango ntako bisa.”

Imibare igaragaza ko ubwiyongere bw’imikoranire mu bucuruzi bukiri hasi; kuko ibicuruzwa byo muri uyu muryango wa COMESA byoherezwa hanze yawo. Iyi mibare ishimangira ko muri 2020 ubucuruzi bwakozwe hagati y’ibi Bihugu 21 bwari bufite agaciro ka miliyari 10 USD, muri 2023 aka gaciro kagera kuri miliyari 14 USD. Bivuze ko mu myaka itatu ubu bucuruzi byihongereyeho ku rugero rwa 40%.

Ni mu gihe ibicuruzwa, ibi Bihugu byo muri COMESA byacuruje hanze y’uyu muryango byari bifite agaciro ka miliyari 100 USD muri 2020; bigera kuri miliyari 219 USD muri 2023.

Perezida Hakainde Hichilema yavuze ko Afurika igomba guhindura imyumvire

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

BREAKING: Bishop Harerimana n’umugore we bari bafunzwe barekuwe

Next Post

Kigali: Uregwa kwica umwana yibyariye wabanje kubyegeka ku mugabo we yageze aho abitangaho umucyo

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Kigali: Uregwa kwica umwana yibyariye wabanje kubyegeka ku mugabo we yageze aho abitangaho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.