Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urugendo rutoroshye rw’uwakize Cancer yo mu ibere n’inama atanga zafasha benshi

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in MU RWANDA
0
Urugendo rutoroshye rw’uwakize Cancer yo mu ibere n’inama atanga zafasha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Oda Nsabimana wasanzwemo Cancer yo mu ibere mu myaka 20 ishize akaza kwivuza agakira, ubu akaba yarinjiye mu rugamba rwo guhangana n’iyi ndwara, yavuze ubuhamya bw’uburyo yasanzwemo iyi ndwara n’inzira yo kwivuza, ndetse anagira inama abagore kujya bisuzumisha kare.

Oda Nsabimana uri mu bashinze ikigo BCIEA (Breast Cancer Initiative East Africa) kigamije kurwanya iyi ndwara ya Cancer y’ibere, avuga ko yasanganywe iyi ndwara muri 2003 afite imyaka 39 nyuma yo kujya kwisuzumisha ubwo yumvaga ababara ibere.

Yafashe icyemezo cyo kujya kwisuzumisha ubwo yageraga mu urgo agasanga abana bareba ikiganiro kuri Televiziyo cyagiraga inama abagore barengeje imyaka 40 kujya bisuzuma Cancer y’ibere.

Muri icyo gihe na we yababaraga ibere mu gihe arikozeho, bucya ajya kwisuzumisha ariko umuganga akamubwira ko atari cancer ariko akamubwira ibimenyetso byayo.

Kugira ngo yizere koko atarwaye iyi ndwara, yagiriwe inama yo gukoresha ikizamini cya mammogram, ndetse ko muri icyo gihe (2003) hari umuganga umwe wari ufite imashini ikora iki kizamini ku giciro cy’ibihumbi 30 Frw ku ipere rimwe.

Ati “Natekereje ko ayo mafaranga nayakoresha mu byazamura ubucuruzi bwanjye aho kujya kwisuzumisha, cyane ko ibere ryanjye ritandyaga cyane. Mfata icyemezo cyo kudasubira kwa muganga.”

Gusa nyuma yaje kujyayo, akorerwa iki kizamini cya mammogram cyagaragaye ko hari ikibyimba muri rimwe mu mabere ye, umuganga akamugira inama yo kukibaga bakajya gupima ibizamini.

Ikizamini cyoherejwe i Butare cyane ko icyo gihe hari Laboratwari imwe yabisuzumaga, akaza gutegereza amezi atanu atarabona ibisubizo.

Avuga ko baje gusanga arwaye Cancer yo mu ibere, akagirwa inama yo kujya kwivuza hanze y’u Rwanda.

Ati “Byarampungabanyije. Njya gusenga, ndarira, ubundi ndataha njya kubibwira umuryango wanjye. Ntabwo byari byoroshye kubibabwira. Natakaje icyizere cyo kubaho, ntangira gutegereza urupfu.”

Gusa umwe mu nshuti ze basenganaga yari azi amakuru yuko Minisiteri y’Ubuzima ijya ifasha abantu kwivuza iyi ndwara, ndetse na we aza kujya kwivuriza i Nairobi muri Kenya, Guverinoma ikamwishyurira ibihumbi 6$.

Yuriye indege ku nshuro ye ya mbere ajya kwivuza, ariko ngo ajyenda nabwo yumvaga nta cyizere cy’ubuzima afite.

Ati “Nagiye nanatekereza ngo ariko ‘kuki iyi ndege itahanuka igashwanyuka bikarangirira aha?’ ariko nza kwibuka ko muri iyo ndege harimo abandi bagenzi batari barwaye.”

Yageze i Nairobi, amara iminsi itatu ntacyo ashyira mu nda, aho yumvaga ategereje urupfu. Ati “Ku munsi wa gatatu, nageze n’aho ntekereza ko napfuye, ariko nyuma ndahaguruka mbona birakunze, nsoma bibiliya ndanasenga.”

Amaze kuvurirwa i Nairobi yagarutse mu Rwanda, kugira ngo akomeze kwitabwaho. Ati “Bahise banshyira ku miti, kuva bakuraho ibere ryanjye rimwe, nahise njya muri chemotherapy [ubuvuzi bukorerwa abarwaye Cancer] byatumye umusatsi wanjye ushiraho.”

Muri ibyo bihe na bwo ntiyari yizeye gukira ku buryo kimwe mu byamubangamiye ari ugutakaza icyizere cy’ubuzima.

Avuga ko nubwo umuntu yakira Cancer ariko aba adakwiye kwirara, kuko iyi ndwara ikiriho.

Ati “Niba warakize Cancer ukaba umaze imyaka icumi, uba warakize rwose, ariko ndacyafite irindi bere, Cancer ishobora kugaruka mu rindi. Mu rugendo rwanjye, nakize Cancer, ariko buri gihe mpora nkoresha ibizimani.”

 

Inama atanga

Yaboneyeho kugira inama abandi bagore kujya bakoresha ibizamini hakiri kare, kuko biri mu bifasha umuntu kuba yakira iyi ndwara.

Ati “abantu kandi bagomba kujya baba hafi abantu barwaye. Kuko iyo batabonye inkunga, abarwayi bashobora kurwara agahinda gakabije, na byo bishobora gutuma urupfu rubatwara kare. Ni ngombwa ko abantu babafasha mu rugendo rwabo, babatera akanyabugabo.”

Nyuma yo gukira iyi Cancer, Oda Nsabimana, afatanyije na Philippa Kibugu-Decuir bombi bakize iyi ndwara, bashinze umuryango BCIEA muri 2007, mu rwego rwo gutanga umusanzu wo kurwanya iyi ndwara ya Cancer yo mu ibere, no gufasha abayirwaye.

Uyu muryango ukorana n’ibigo by’amashuro, ukajya mu masoko ndetse ukanakora ubukangurambaga ubinyujije mu bitangazamakuru mu kuzamura ubumenyi kuri iyi ndwara ya Cancer yo mu ibere, aho umaze gufasha abantu barenga 100, ariko ku bw’ibyago, abarenga 20 bakaba baritabye Imana muri uyu mwaka bazize iyi ndwara.

Oda Nsabimana asaba abantu gukomeza ubukangurambaga bwo guhugura abagore, bakamenya ibimenyetso by’iyi ndwara kugira ngo bisuzumisha hakiri kare n’uburyo bayirinda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + three =

Previous Post

BREAKING: Hamenyekanye icyemezo Urukiko rwafatiye Miss Muheto

Next Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.