Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari Itorero abayoboke baryo bisabira ko rifungwa kubera ibyo bashinja uriyobora

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hari Itorero abayoboke baryo bisabira ko rifungwa kubera ibyo bashinja uriyobora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayoboke b’Itorero ‘Umusozi w’Ubuhungiro [SCC-Seira Community Church], ba Paruwasi ya Gisenyi iherereye mu Murenge wa Nyundo, barashinja umuyobozi waryo wanarishinze kubaryanisha, bagasaba ko rifungwa.

Ni nyuma yuko hari amatorero n’insengeo bifunzwe, bivugwaho kutuzuza ibisabwa, birimo inyubako ndetse no kuba amwe muri ayo matorero atanga inyigisho ziyobya rubanda.

Bamwe mu bayoboke b’iri Torero, bavuga ko bamaze igihe birya bakimara ngo bubake iyi nzu y’Imana, ariko ko Bishop Mutabaruka Aphrodis warishinze ari na we urikuriye, abazanamo umwiryane, bagashingira ku kuba yarabahaye umushumba ndetse bakamwishimira kubera uburyo abigisha, ariko akaba yaramwirukanye.

Umwe mu bayoboke ati “Bishop n’umushumba bapfa iki twe turi hasi tuzamenya bari kutwerekeza he? Niba aduhaye Pasiteri tukamukunda kuko atuyobora neza, amwirukaniye iki?”

Mukagatare Alphonsine na we yagize ati “Bamutuzanira kuki batumenyesheje bakatubwira ko nibajya kumujyana bazatumenyesha, kuki babikora mu kavuyo atadusezeye?”

Aba bayoboke bavuga ko akajagari kari mu Itorero ryabo, gakwiye gutuma na ryo riba rifunzwe, rikabanza rikajya ku murongo nk’uko byakorewe izindi nsengero n’Amatorero bivugwamo ibibazo.

Umuyobozi Mukuru w’iri torero rya Seira Communty Church, Bishop Mutabaruka Aphrodis yahakanye ibyo kuba muri iri torero hari ibibazo. Ati “Njye nk’umuyobozi Mukuru w’Itorero, nkubwiye ko ntakibazo gihari rwose.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyiransengiyumva Monique yavuze ko ubuyobozi bwakiriye ibibazo bivugwa muri iri torero nyuma yuko uwari Umushumba w’iyi Paruwasi ahagaritswe.

Yagize ati “Ni urufunguzo umuzamu yari afite yanga kurutanga kuko ngo atigeze ahembwa, bamusabye kurutanga rero avuga ko yabanza agahembwa gusa twabumvikanishije, ikindi abakiristu bibazaga impamvu Pasiteri wabo ngo atabasezeye, tubabwira ko naboneka azaza kubasezera.”

Nubwo bamwe mu bayoboke b’iri Torero basaba ko Leta yaba ihagaritse uru rusengero kugira ngo amakimbirane ajyanye n’imiyoborere y’iyi Paruwasi abanze akemurwe, hari n’abaturage baruturiye uru rusengero bibaza impamvu rwo rutafunzwe nyamara hari byinshi rukibura.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. Bosco says:
    8 months ago

    Hhhhh nangatangaye Atari Kwa MUTABARUKA kuva cyera abo ndabazi Aho bahagiye vuba ninduru ibyabo uwo Bishop afashwa nabazungu yirirwa acuruza aba christo imfashanyo azirira hhh

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

BREAKING: RDF yagize icyo ivuga ku musirikare wayo wishe abantu batanu abarasiye mu Kabari

Next Post

Amakuru agezweho ku wari Gitifu umaze iminsi avugwaho guhangana na Mayor

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye

Amakuru agezweho ku wari Gitifu umaze iminsi avugwaho guhangana na Mayor

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.