Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agahinda ni kose mu Banyarwanda baba muri Canada ku bwa mugenzi wabo wahiciwe arashwe

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in MU RWANDA
0
Agahinda ni kose mu Banyarwanda baba muri Canada ku bwa mugenzi wabo wahiciwe arashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda baba muri Canada, bakomeje kugaragaza agahinda batewe n’urupfu rwa mugenzi wabo, Erixon Kabera wari usanzwe ari mu buyobozi bw’ababa muri Toronto, uherutse kwicirwa muri Iki Gihugu yari amazemo imyaka 20, bagasaba ko hatangwa ibisobanuro ndetse n’ubutabera.

Erixon Kabera yishwe arashwe na Polisi yo muri Canada, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, tariki 09 Ugushyingo 2024, aho yarasiwe mu Mujyi wa Hamilton wegeranye na Toronto.

Urupfu rwe rwashenguye benshi byumwihariko umuryango we [uwo akomokamo n’uwo yari yarashinze], ndetse n’Abanyarwanda baba muri iki Gihugu cya Canada.

Amakuru yabanje gutangazwa, yavugaga ko nyakwigendera yarashwe nyuma yo guhangana n’Abapolisi abarashe, bikaza gutuma na bo bamurasa, ariko biza kwemezwa ko nta kurasana kwabayeho.

Lydia Nimbeshaho, umugore wa nyakwegendera avuga ko ibyatangajwe ko umugabo we yarashe, ari ikinyoma cyambaye ubusa, kuko “nta mbunda yagiraga.”

Lydia Nimbeshaho avuga ko umugabo we yari umuntu urangwa n’imyitwarire iboneye, kandi ko mu buzima bwe yakundaga gukorera Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’ababa muri Toronto.

Ati “Si na kominote y’Abanyarwanda gusa, ni umuntu wakoranye na Polisi ya hano mu bikorwa byo kwita kuri kominote. Twebwe abamuzi twese nta muntu uzi Erixon agira intwaro. Ni umuntu w’amahoro, mu bintu byose yakora, ntabwo yarwana cyangwa ngo asagarire abapolisi.”

Umunyarwandakazi Josephone Murphy usanzwe atuye muri Canada, na we uri mu bashenguwe n’urupfu rwa nyakwingedera, yatangaje ko mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Ugushyingo 2024, Umuryango w’Abanyarwanda baba muri iki Gihugu, bongeye guteranira hamwe mu kiriyo cyo kumwunamira.

Yagize ati “Umurage we uzahora ari inkingi y’urukundo n’umuhate kuri Kominote. Turakomeza gusaba dushikamye ko ahabwa ubutabera, dusaba ko habaho kubazwa inshingano mu iperereza kuri uru rupfu rw’agashinyaguro.”

Alain Patrick Ndengera uyobora Kominote y’Abanyarwanda baba muri Canada, avuga ko amakuru yabanje gutangwa na Polisi yagiye ahindagurika, aho yabanje gutangaza ko habayeho kurasana hagati y’umupolisi n’uyu Munyarwanda, ariko nyuma ikaza kuvuga ko habayeho kumwitiranya, ndetse ko hahise hatangira iperereza.

Yagize ati “Njye nka Perezida wa RCA Canada ndasaba Ubuyobozi bwa Canada ko habaho iperereza rinyuze mu mucyo, ukuri kose kukajya ahagaragara. Niba hari abakoze amakosa mu ba-Polisi bajye mu nkiko bisobanure.”

Nyakwigendera asize abana batatu, akaba yari amaze imyaka 20 aba muri Canada, aho yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Toronto.

Nyakwigendera yazirikanywe
Abanyarwanda baba muri Canada bari mu kiriyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + four =

Previous Post

AMAFOTO: Myugariro uri mu bigaragaje mu Rwanda yamaze gutangira akazi aherutse kubona

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi wa Kazakhstan n’Igikomangoma cya Jordan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.