• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi biri mu Itegeko Nshinga rishya ry’Igihugu cyo muri Afurika kiyobowe n’Igisirikare

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi biri mu Itegeko Nshinga rishya ry’Igihugu cyo muri Afurika kiyobowe n’Igisirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare kiri ku butegetsi muri Gabon, cyatangaje ko hemejwe Itegeko Nshinga rishya, nyuma yuko ryatowe ku bwinshi mu matora ya kamarampaka, nk’uko bigaragazwa n’imibanire y’agateganyo y’ibyavuye mu matora.

Mu ijambo yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Gabon, yatangaje ko 91,8% by’abatoye, batoye ‘Yego’ ku Itegeko Nshinga rishya, mu gihe amatora yitabiriwe ku kigero cya 53,5%.

Perezida w’inzibacyuho muri Gabo, Brice Oligui Nguema, yasezeranyije ko iri Tegeko Nshinga rizaba inzira yerekeza ku butegetsi bushingiye kuri Demokarasi, ndetse rikazatangira gukurikizwa kuva mu mpeshyi y’umwaka wa 2025.

Iri Tegeko Nshinga rishya ryatowe, rigena ko Umukuru w’Igihugu azaba yemerewe kwiyamamariza manda ebyiri gusa, buri imwe ikazaba igizwe n’imyaka irindwi.

Iri Tegeko Nshinga rikuraho umwanya wa Minisitiri w’Intebe, rikuraho kandi guhererekanya ubutegetsi hagati y’imiryango, ndetse ryemeza Igifaransa nk’ururimi rw’akazi muri Gabon.

Iri Tegeko kandi rinateganya ko abakandida ku mwanya wa Perezida bagomba kuba bafite Ubwenegihugu bwa Gabon gusa, bafite nibura umubyeyi umwe wavukiye muri Gabon, kandi bafite umufasha w’Umunya-Gabon.

Icyakora iri tegeko ntiribuza Nguema kwiyamamariza umwanya wa Perezida, bikaba byateye impungenge bamwe mu bakurikirana politiki y’iki Gihugu, bibaza ahazaza h’ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Amajwi ntakuka yavuye mu matora yo guhindura Itegeko Nshinga azatangazwa n’Urukiko rw’Ikirenga mu minsi iri imbere.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 19 =

Previous Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: U Burayi bwemeje Miliyari 29Frw yo gushyigikira RDF muri Mozambique

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

AMAKURU AGEZWEHO: U Burayi bwemeje Miliyari 29Frw yo gushyigikira RDF muri Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.