Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in Uncategorized
0
Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Chantal Nyirandama waguye mu mpanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi yabereye mu Karere ka Rulindo, urupfu rwe rwashenguye benshi, bamuziho kuba yari umugore waberaga benshi icyitegererezo kubera kwitinyuka no gukora cyane dore ko yari anaherutse kuzuza Hoteli mu Karere ka Gicumbi.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 24 Ugushyingo 2024, ubwo imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yari igeze mu Mudugudu wa Sakara mu Kagari ka Rwili mu Mure wa Cyungo mu Karere ka Rulindo, ubwo yari ivuye mu Karere ka Gicumbi, ijyanye aba banyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu nama yabo ku Rwego rw’Intara mu Karere ka Musanze.

Iyi mpanuka yabereye ahantu hari ikorosi rinini rikunze kuberamo impanuka, yahise ihitana uyu nyakwigendera Chantal Nyirandama, mu gihe abandi 27 bari muri iyi modoka bakomeretse bagahita bajyanwa kwa muganga kwitabwaho.

Chantal Nyirandama wahise ahasiga ubuzima, yari aherutse kuzuza hoteli mu Karere ka Gicumbi izwi nka ‘Nice Garden Hotel’ yari yafunguwe ku mugaragaro muri Kanama 2024.

Abazi nyakwigendera bavuga ko yari umugore ukunda umurimo kandi ubera icyitegererezo abandi bari n’abategarugori.

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Gicumbi, Mutangana Alain Fabrice yavuze ko nyakwigendera yari umuntu uhora arangwa n’icyamuteza imbere kikanateza imbere Igihugu cyamwibarutse.

Yagize ati “Yari umubyeyi wahoranaga intumbero yo gutera imbere no kuzikumbuza abandi.”

Yakomeje avuga ko ubwo hatahwaga ku mugaragaro iyi hoteli ya nyakwigendera, yari yatanze ubuhamya bwabera akabando benshi, bakumva ko ntacyo batageraho mu gihe bakora bafite intego, kandi bagakora cyane.

Ati “Yatubwiraga ubuzima yanyuzemo bw’ukuntu yatangiriye ku gukodesha inzu y’icyumba kimwe, n’ibikoresho yabaga yatiye ahandi, ariko afite intumbero yo kuziyubakira Hoteli ye bwite.”

Mutangana Alain Fabrice yavuze kandi ko nyakwigendera yahoranaga ishyaka ryo gusangiza abandi ibitekerezo by’uburyo bakwiteza imbere, kuko yifurizaga buri wese kuva ku rwego rumwe akagera ku rundi rwisumbuyeho mu mibereho.

Ati “Yari wa muntu utaryamira ibitekerezo bye ngo abigundire, ahubwo yabisakazaga mu bandi, kandi agaharanira ko ibyifuzo n’ibitekerezo bye bibyara imbuto zigaragarira amaso kandi zifitiye abandi akamaro.”

Chantal Nyirandama, kubera umuhate we, yagiye ahabwa ibihembo binyuranye kubera urugero rwiza yatangaga mu mikorere myiza kandi ifitiye benshi akamaro.

Nyakwigendera yatangaga ibiganiro byafashaga benshi
Hotel ya nyakwigendera yari iherutse gutahwa ku mugaragaro
Nyakwigendera yajyaga yegukana ibihembo kubera imikorere ye
Impanuka yamuhitanye yari ikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 18 =

Previous Post

Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

Next Post

Hamenyekanye itariki ntatuka y’umukino wazamuye impaka ndende uzwiho gushyushya ruhago Nyarwanda

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye itariki ntatuka y’umukino wazamuye impaka ndende uzwiho gushyushya ruhago Nyarwanda

Hamenyekanye itariki ntatuka y'umukino wazamuye impaka ndende uzwiho gushyushya ruhago Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.